Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuntu Waburaye Nta Mutekano Agira, Kandi Awubuza Abandi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Umuntu Waburaye Nta Mutekano Agira, Kandi Awubuza Abandi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 March 2021 12:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibi biherutse kwemezwa n’Umuyobozi wungirije  mu Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage, Assistant Commissioner of Police (ACP) Rose Muhisoni ubwo yari yasuye  abakobwa 20 baherutse gutoranywa ngo bahatanire  ikamba rya Nyaminga w’u Rwanda 2021. 

Yababwiye ko umutekano udapimirwa gusa mu kuba nta masasu cyangwa induru zivuga ku musozi ahubwo ko n’iyo umuntu afite imibereho mibi nko kuburara, kuba mu nzu iva, guhora ku nkeke…burya ‘nta mutekano usesuye’ aba afite.

ACP Muhisoni yagize ati: “Umutekano ntureberwa gusa mu ntambara, ahubwo igihe cyose umuntu adashobora kubona icyo kurya aburara, aba mu nzu iva n’ibindi nta mutekano usesuye aba afite.”

Yasabye bariya bakobwa bitegura kuba ba Nyampinga b’u Rwanda kuzagira uruhare mu kurwanya ibibazo byose bituma hariho abadafite umutekano ujyanye n’imibereho myiza.

Inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano mu Rwanda zihora zihanganye n’icyo bise ‘Human Security Issues’, ni ukuvuga ibibazo bijyanye n’imibereho ya buri munsi y’abaturage.

Bikubiyemo gutura ahantu hadashyira umuntu mu kaga, kugira isuku, imirire iboneye cyane cyane ku bana n’abagore batwite, amashuri menshi kandi yubatse neza mu buryo burambye, kugira ubwishingizi bw’ubuzima, kudahozwa ku nkeke mu bashakanye n’ibindi.

Mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano ihuza abayobozi b’u Rwanda guhera ku rwego rw’Umurenge kugeza k’Umukuru w’Igihugu yagiye ivugirwamo kenshi biriya bibazo, abayobozi bageza kuri Perezida wa Repubulika aho bageze babikemura ndetse bagahiga uko bazabikemura mu mwaka ukurikiyeho.

Byageze aho Perezida Kagame aza gusanga ibyo bamusezeranya batabikora cyangwa ababikoze bakabikora buhoro cyangwa nabi, rimwe aza gusubika iriya nama, ahubwo atuma Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente kubwira abandi bayobozi ko bataha bakajya kunoza ibyo bumvikanyeho mbere.

Ngirente nawe yatumye Minisitiri w’Imari n’igenamigambi ngo asobanurire abanyamakuru bari bamutegerereje muri kimwe mu byumba by’Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda ibyo bemeranyijweho.

Mu Umushyikirano uheruka kubera i Gabiro Perezida Kagame yashimye yashimye ko hari ibyakozwe neza ariko anenga abayobozi batita ku isuku y’aho bayobora harimo n’uw’Akarere ka Kayonza n’abandi.

ACP Rose Muhisoni yabwiye ba Nyampinga kuzashyiraho akabo…

Uyu mupolisi mukuru yabwiye bariya bakobwa 20 ko mu migambi bafite bagomba kuzibuka irebana no kuzamura imibereho myiza y’Abanyarwanda.

Bamwe mu bakobwa biyamamarije kuzaba Nyampinga b’u Rwanda mbere y’aba, bavugaga ko nibatorwa bazigisha abaturage gukora uturima tw’igikoni, gushishikariza abangavu kwirinda inda zitateganyirijwe n’ibindi.

N’ubwo ibi nabyo hari akamaro bifite, ariko iyo usesenguye usanga ACP Muhisoni yarabasabye gutekereza ibintu byagutse kurushaho kandi birambye aho kureba ku bintu bisanzwe bivugwa, byakozwe na benshi ariko ntibirambe.

Yarababwiye ati: “Uruhare rwanyu nka ba Nyampinga b’u Rwanda  ni urwo kwegera abo bose bafite ibyo bibazo mukabagira inama cyangwa mukabibwira inzego zibishinzwe kuko amakuru iyo atangiwe igihe atuma hakemuka byinshi. Mwibuke ko mwebwe muri ba Amabasaderi mukaba n’abavugizi b’abantu bose, niyo mpamvu uruhare rwanyu mugucunga umutekano rukenewe.”

ACP Rose Muhisoni aganira n’abitegura kuzaba ba Nyampinga b’u Rwanda

Ikindi yabasabye kuzashyiraho umutima wabo ni ukwegera abakoresha ibiyobyabwenge bakabagira inama yo kubizibukira.

Umuntu wabaswe n’ibiyobyabwenge ntamenya gutandukanya ibimufitiye akamaro n’ibitagafite.

Kuri we kubona no gukoresha ibiyobyabwenge niyo ntego nyamukuru.

TAGGED:ACPIbiyobyabwengeKagameNyampinga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubucuruzi Bw’U Rwanda N’Amahanga Bwagize Icyuho Cya Miliyoni $153 Muri Mutarama
Next Article Ntimucikwe N’Urubanza Rwa Rusesabagina ‘Mu Mizi’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?