Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuntu Witwaje Imbunda Yarashe Abantu 10 Muri Colorado
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Umuntu Witwaje Imbunda Yarashe Abantu 10 Muri Colorado

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 March 2021 9:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuntu witwaje imbunda yishe arashe abantu 10 barimo n’umupolisi, mu bugizi bwa nabi bwabereye mu iguriro ry’ibiribwa muri Leta ya Colorado muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Icyo gitero cyagabwe kuri uyu wa Mbere mu gace ka Boulder, kirangira umupoloisi abashije gufata uwakigabye, aho agaragara nta mwenda wo hejuru yambaye.

Abantu babonye mbere ubwo bugizi bwa nabi banabunyujije kuri YouTube burimo kuba.

Uwakigabye yinjiye muri iguriro rya King Soopers ahita atangira kurasa abantu bose.

Nyuma y’iminota nka 20, polisi ya Boulder yanditse kuri Twitter ko hari igikorwa cyo kurasa kirimo kubera muri iryo guriro, iburira abantu ngo birinde kuhegera.

Umuyobozi wa Polisi ya Boulder Maris Herold yabwiye abanyamakuru ko uwagabye icyo gitero yafashwe, ndetse ko ubu arimo kuvurwa.

Ati “Ndashaka kwizeza abaturage ko ubu batekanye.”

Herold yavuze ko muri icyo gitero hanapfiriyemo umupolisi witwa Eric Talley w’imyaka 51 wakoraga muri polisi ya Boulder kuva mu 2010.

Yagize ati “Ofosiye Talley ni we wa mbere wageze aho byaberaga maze ahita araswa bikomeye.”

Herold yavuze ko iperereza rikomeje ku mpamvu y’ubu bwicanyi, ko ariko rigoye ku buryo rishobora gufata iminsi itari munsi y’itanu.

Muri Leta Zunze ubumwe ibyaha byo kwica abantu barashwe bimaze gufata indi ntera, kugeza ubwo mu kwezi gushize Perezida Joe Biden yatangaje ko yifuza kuvugururua itegeko ryemerera umuntu gutunga imbunda, akazajya abanza kugenzurwa bihagije hakanarebwa  ku myitwarire ye mu gihe cyashize.

Mu cyumweru gishize nabwo abantu umunani biganjemo abagore bakomoka ku mugabane wa Aziya bishwe barashwe, mu bikorwa byabereye ahantu hatatu hatandukanye hatangirwa serivisi zo kunanura ingingo zizwi nka masaje (massage).

Korea y’Epfo yaje kwemeza ko abantu bane mu bishwe bari abaturage bayo.

TAGGED:featuredImbunda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Guhoza Abakozi Ku Nkeke Byahombeje Ellen DesGeneres, Isomo Ku Bakoresha
Next Article Perezida Kagame Yasabye Ko Abana Barushaho Kurindwa Igihe Bakoresha Ikoranabuhanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?