Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunya Israel Yishe Umunya Ugandakazi Amuziza Ko Umwana Utari Uwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umunya Israel Yishe Umunya Ugandakazi Amuziza Ko Umwana Utari Uwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 July 2023 8:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Akirangiza kubona ko umwana yari afitanye n’umugore we ukomoka muri Uganda atari we, umunya Israel yishe umugore we umurambo awuta mu musarane.

Polisi ya Uganda ivuga ko uyu mugabo witwa Waeed Taheed yari asanzwe abana n’umugore we baba ahitwa Mpigi.  Umugore we yitwaga Monica Nabukenya akaba yari afite imyaka 25 y’amavuko.

Iby’uko yapfuye byatangiye kumenyekana taliki 16, Nyakanga, 2023 nyuma y’uko abaturanyi bashatse Nabukenya bakamubura.

Ibintu bijya gucika muri uru rugo, umugabo( Taheed) yatangiye gukeka ko umugore we amuca inyuma.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yaje kwigira inama yo kujya gupimisha umwana ngo arebe ko bahuje amaraso.

Uwo mwana afite amezi atandatu y’amavuko.

Itangazo rya Polisi yo mu gace byabereyemo rivuga ko ibisubizo byasohotse byerekanye ko umwana atari uwe.

Yazibiranyijwe n’umujinya arataha ageze iwe asanga umugore nawe yahageze.

Bashyogoranyije ho gato ahita amwica amuta mu musarare arenzaho igitaka.

- Advertisement -

Nyuma uyu mugabo yaje gufatwa ajyanwa kubazwa.

Polisi yamusabye ko ayijyana iwe, abapolisi bahageze bazibiranywa n’umunuko wumvikanaga ko ari uw’umubiri w’umuntu waboze.

Icyobo bivugwa ko yamutayemo

Taheed yeruriye Polisi ko yamwishe amuziza ko yamuciye inyuma amubeshya ko umwana ari uwe kandi atari byo.

Umukuru w’Umudugudu babagamo witwa Richard Ddumba yavuze ko uriya mugabo yabanaga n’umugore we mu buryo butamenywaga na buri wese, icyakora ngo nta rwaserera bateraga.

Ddumba yunzemo ko batangajwe kandi bababazwa n’uko ubwicanyi bwaje kubaho bapfa ko umwana atari uwabo bombi kandi umugabo ari ko yabikekaga.

Ku rundi ruhande, uriya mugabo ukomoka muri Israel yari yaregereye ubuyobozi arabaganiriza ababwira ko yifuza gatanya.

Ndetse ngo yari yarandikiye n’Urukiko abisaba.

Urukiko rwatinze kumusubiza kugeza ubwo yafataga umwanzuro wo kwica umugore we Monica Nabukenya.

Bivugwa ko ashobora kuba yaramwishe hagati yo ku wa Kane no ku wa Gatanu mu Cyumweru gishize.

TAGGED:featuredGupimishaIndaKwicaUmugaboUmugoreUmwanaUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwongeye Kwibutsa DRC Ko Kurinda Imbibi Zarwo Ari Inshingano
Next Article Perezida Kagame Yakiriye Graça Machel Na Ellen Johnston Sirleaf
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?