Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyamahirwe Wa Airtel Yatomboye Menshi Mu Inzozi Lotto
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Umunyamahirwe Wa Airtel Yatomboye Menshi Mu Inzozi Lotto

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 December 2022 6:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Tito Havugimana  akomoka mu Murenge wa Mukama mu Karere ka Nyagatare. Yabwiye itangazamakuru ko yatomboye Frw 1.510.580 nyuma yo gutombora  mu irushanwa rya Inzozi Lotto.

Niwe munyamahirwe utomboye menshi kubera ko abandi batomboraga mbere ye batigeze bageza kuri ayo mafaranga.

Avuga ko yari asanzwe ari umuhinzi mu Karere ka Nyagatare kandi ngo atomboye iriya Miliyoni n’igice mu gihe gito kubera koyaro amaze ibyumweru bibiri gusa atangiye gutombola mu Inzozi Lotto.

Ati: “ Ubusanzwe ndi umuhinzi. Navaga mu buhinzi nkajya mu buyede kugira ngo mbone agafaranga ariko ubwo ntomboye aya mafaranga ngiye kureba uko nakwikenura.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Havugimana avuga ko ariya mafaranga agiye kumufasha mu bihinzi bwe, arebe uko yabwongerera agaciro.

Tito  Havugimana asaba abandi bashaka gutombola  kandi bujuje imyaka yo gutombola ko bishobora kuko bishobora kubahindurira ubuzima.

Umukozi mu ishami ry’ubucuruzi no kwamamaza muri Airtel Rwanda witwa Didier Mukezangango avuga ko bahisemo gutangira kiriya gihembo aho Airtel Rwanda iri kumurikira ibyo ikora mu imurika riri kubera i Gikondo mu rwego rwo kurushaho kumenyekanisha ibyo bakora.

Avuga ko Airtel Rwanda ifitanye ubufatanye na Inzozi Lotto mu ugufasha abakiliya ba Airtel Rwanda gutombora  amafaranga ashobora kubahindurira ubuzima.

Mukezangango avuga ko Airtel Rwanda ifite indi mishinga yo kuzamura imibereho myiza y’abaturage binyuze mu buryo butandukanye.

- Advertisement -
Umukozi wa Airtel Rwanda hamwe n’uwa Inzozi Lotto baha sheke uwatsindiye igihembo cye

Avuga ko muri iki gihe hari uburyo bwinshi batangije bwafasha abakiliya ba Airtel Rwanda kwishimira impera z’umwaka.

Kugeza ubu abantu 120 nibo bamaze gutombola mu Inzozi Lotto  bakoresheje Airtel Money ariko batatu nibo batsindiye amafaranga menshi binyuze mu byo bise IGITEGO.

TAGGED:AirtelLottoMiliyoniTombola
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bavuga Ko Guverinoma Y’u Rwanda ‘Yabimye’ Miliyari Frw 8 Yabagombaga
Next Article Rwanda: Abashoye Mu Buhinzi Bigiye Hamwe Uko ‘Imirire Nkene’ Yacika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?