Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyamakuru Bujakera Yavuze Akaga Yaboneye Muri Gereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Umunyamakuru Bujakera Yavuze Akaga Yaboneye Muri Gereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2024 12:36 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uyu munyamakuru wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo yigeze kumara amezi atandatu afungiye muri gereza nkuru ya Kinshasa iri ahitwa Makala.

Ni gereza ifite ubushobozi bwo gucumbikira abantu 1,500 ariko, nk’uko umunyamakuru Stanslas Bujakera abyemeza, ubu ibamo abantu bakubye abo inshuro icumi.

Twabamenyesha ko Stanis Bujakera ari we munyamakuru ufite abantu bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga kurusha abandi bose muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo kuko  nko kuri X ahafite abantu 600,000.

Uyu mugabo aherutse kwandika ko muri iriya gereza abantu bamwe barara bahagaze, abandi bicarana bamwe mu maguru y’abandi, haba mu bwiherero, mu bwogero n’ahandi hose umuntu yabona yashyira umusaya.

Bujakela avuga ko uburiri bwose buryamaho abantu bagerekeranye, bakarya rimwe ku munsi, buri kanya bakaza gusakwa, abaganga babo bakaba badafite ibikoresho n’imiti bidahagije n’ibindi bigaragaza ko ubuzima ari bubi koko.

Ikibazo Bujakela avuga ko gikomeye ni uko iyo gereza yafungiwemo yubatswe mu gihe cy’ubukoloni kugeza n’ubu ikaba itaravugururwa ngo yagurwe.

Avuga ko icyumba yari afungiwemo cya munani cyari gifungiwemo abantu 100 ariko akavuga ko hari ahandi wasangaga abantu 1000.

Kubera ubuto bw’aho abantu barara, ufite ifaranga niwe uhabona kandi uko agira ifaranga rinini akaryishyura niko arara ahantu hagari.

Iyo umukene abuze inoti ngo abone aho arara cyangwa se abone ubundi buryo bwo kwikiranura n’abamutanze muri gereza, ikimubaho ni ukwishyura binyuze mu mirimo wakwita ‘nsimburagifungo’.

Bujakera agaya ko hari abo yasanze muri iriya gereza kandi bari bararangije igifungo cyabo mu mwaka wa 2018.

Uyu munyamakuru avuga ko muri iriya gereza hakunze no kugaragara uburwayi bya hato na hato kandi buhitana bamwe muri bo.

Iyo mibereho mibi yaje no kuyigereranya n’uko byari bimereye imfungwa Amerika yari yarafungiye muri Guantanamo mu Kirwa cya Cuba.

Imirire y’abafungiye muri gereza ya Makala iterwa n’abagemuriwe uwo munsi uko bangana n’ibyo bagemuye.

Ubwinshi bw’abagemuye n’ibyagemuwe nibyo bigena abari burye uwo munsi.

Ibyo ni bimwe mu byo Stanslas Bukajela avuga ko yasanze bicikira muri gereza ya Makala iri mu Murwa mukuru Kinshasa.

TAGGED:BujakelafeaturedGerezaIbitaroMakala
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ngirente Yatashye Uruganda Rw’Inyange Rukora Amata Y’Ifu
Next Article Ngirente Yasabye Aborozi Kongera Amata Baha Uruganda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?