Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyapolitiki Utavuga Rumwe na Leta Ya Tanzania Yagejejwe Imbere Y’Urukiko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umunyapolitiki Utavuga Rumwe na Leta Ya Tanzania Yagejejwe Imbere Y’Urukiko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 August 2021 6:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Freeman Mbowe uyobora Ishyaka ritavuga rumwe na Leta ya Tanzania ryitwa CHADEMA yaraye agejejwe imbere y’Urukiko rw’ibanze rw’i Kisutu muri Dar es Salaam ngo aburane ku cyaha cyo gushaka guteza imidugararo mu baturage binyuze mu gutegura imyigaragambyo.

Yafashwe tariki 12, Nyakanga, 2021 ubwo yari ari kumwe n’abanyamakuru mu kiganiro yari yateguye kugirana nabo ngo abagezeho imigambi ye yo guhamagararira abaturage kwigaragambya basaba ko hari impinduka zakorwa mu Itegeko nshinga

Icyo gihe yafatiwe i Mwanza.

Umwe mu miryango ivuga ko iharanira uburenganzira bwa muntu Amnesty International yahise isohora itangazo ryamagana ifatwa rye.

Afatwa yari ari kumwe n’abandi banyapolitiki basangiye ishyaka bagera ku 10.

Umwe mu bahanga muri Politiki witwa Roland Ebole yabwiye RFI ko ifatwa rya Mbowe rishingiye ku mpamvu za Politiki.

Polisi  ya Tanzania yafashe uriya mugabo hamwe na bariya bantu batatu ibashinja ibyaha twavuze haruguru byakozwe hagati ya Gicurasi na Kamena, 2021.

Abavuga ko baharanira uburenganzira bwa muntu muri Tanzania bavuga ko ibyo gufunga abatavuga rumwe n’ishyaka riyoboye Tanzania bamaze iminsi bafatwa bagafungwa ariko nyuma bakaza gufungurwa.

Batanga urugero rw’umunyamakuru ukora inkuru zicumbuye witwa Eric Kabendera wafunzwe akaza gufungurwa, bidateye kabiri akongera gufungwa akaza nanone gufungwa, bityo bakavuga ko Tanzania ibikora igamije kubasiragiza no kubahungabanya mu mutwe kugira ngo bareke ibyo bakora.

 Roland Ebole avuga ko ubu ari bwo buryo buri gukoreshwa mu gucecekesha Bwana Freeman Mbowe.

Kuri uyu wa Kane tariki 05, Kamena, 2021 mu bice bimwe na bimwe bya Tanzania hataganyijwe imyigaragambyo yo kwamagana ifatwa rya Freeman Mbowe no gusaba ko arekurwa ‘nta yandi mananiza.’

TAGGED:featuredKabenderaMboweTanzaniaUmunyapolitikiUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abagororwa Hafi 4800 Barimo Abahamijwe Kwikuramo Inda Bafunguwe
Next Article Avugwaho Gutanga Ruswa Ya Frw 50 000 Ngo Asubizwe Moto Ifite Amande Ya Frw 635 000
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?