Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Azinjiza $5000 Muri 2035-Min Sebahizi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Umunyarwanda Azinjiza $5000 Muri 2035-Min Sebahizi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 December 2024 10:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda Prudence Sebahizi yatangaje ko mu mwaka wa 2035 buri muturage azinjiza $ 5,000 ku mwaka.

Ubu yinjiza $ 1,000.

Minisitiri Sebahizi avuga ko biri mu rwego rwo kugera ku cyerekezo 2050.

Kugira ngo gishyirwe muri icyo cyiciro, bisaba ko buri muturage yinjiza ku mwaka $ 1.026 kugeza $ 12.475.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abahanga mu bukungu bavuga ko bwabaye ubukungu buciriritse ku rwego rwo hejuru iyo umuturage yinjiza hagati ya $3,956 na $12.475 ku mwaka kandi niho u Rwanda rwifuza kuba ruri mu 2050.

Minisitiri Sebahizi yavugiye ibi mu Karere ka Nyagatare mu nama y’abashoramari ihaherutse kuhabera.

Ati : “Uyu munsi mfashe umutungo w’Igihugu wose tukawugabana buri muntu yaba afite $ 1,000 n’aho mu mwaka wa 2050 buri wese akaba abona $ 12,000 buri mwaka.”

Kugira ngo bigerweho hari ingamba zigomba gufatwa buri myaka itanu.

Mu myaka itanu u Rwanda rwiyemeje ko ishoramari ry’abikorera ryikuba kabiri rikava kuri miliyari $2,2 akagera kuri miliyari $4,6.

- Advertisement -

Ntabwo ari ibyo gusa kuko biyemeje ko ibyoherezwa mu mahanga nabyo byikuba kabiri bikava kuri miliyari $ 3,5 bikagera kuri miliyari $ 7,3 mu myaka itanu iri imbere.

Buri mwaka hazajya hahangwa imirimo 2,500 ku buryo izagera kuri 1,250,000 by’imirimo mu myaka itanu iri imbere.

Kigali Today ivuga ko Minisitiri Sebahizi yatangaje ko n’ubwo hakorwa byinshi mu kuzamura umusaruro, hakiri icyuho mu kongerera agaciro ibikomoka ku buhinzi no guteza imbere inganda.

Ati: “Usanga aho dusigaye inyuma nk’Igihugu, ni ukongerera agaciro ku bikomoka ku buhinzi no guteza imbere inganda kuko ari nazo zongerera agaciro ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi.”

Biteganyijwe ko icyerekezo cy’ubukungu cya 2050 kizagirwamo uruhare rukomeye n’abikorera aho leta igenda iva mu ishoramari buhoro buhoro aho irya leta rizagera ku gipimo cya 8%.

Ni mu gihe abaturage basabwa kuvana amaboko mu mufuka bagakora kugira ngo bashobore kugera ku cyerekezo kizatanga umusaruro munini mu bukungu bw’igihugu no mu mibereho myiza muri rusange.

Bimwe mu bizafasha kugera ku cyerecyezo 2050 harimo ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu nzego zose, guhanga udushya kandi igihugu kikubabikira ubukungu bwacyo ku bumenyi.

Ikindi kizashyirwamo imbaraga ni gahunda yo kureshya abashoramari kugirango umusaruro w’uru rwego ukomeze kuzamuka.

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare gitangaza ko mu 2023, amafaranga umuturage yinjiza ku mwaka yageze ku$ 1,040 (asaga miliyoni Frw 1.3), avuye kuri $1,005 (asaga miliyoni Frw 1.2) mu mwaka wabanje.

TAGGED:featuredSebahiziUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburusiya Buri Gutabara Inshuti Yabwo Syria Yugarijwe N’Inyeshyamba
Next Article Rwanda: Ubuhinzi Bw’Ibirayi Bugiye Gushyiramo Irindi Koranabuhanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?