Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Ukekwaho Uruhare Muri Jenoside Yirukanwe Muri Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umunyarwanda Ukekwaho Uruhare Muri Jenoside Yirukanwe Muri Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 October 2021 8:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibiro by’Umushinjacyaha mukuru w’Amerika byatangaje ko Amerika yambuye ubwenegihugu umugabo wari wariyise Peter Kalimu, ariko amazina ye ari  Fidele Twizere. Bivugwa ko byakozwe nyuma y’uko hari ibimenyetso bifatika byerekana uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Yabaga muri Amerika yiyoberanya.

Hari inyandiko  zabonetse zishinja Peter Kalimu uruhare mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi b’aho yari atuye  ndetse ngo nyuma yo kubica yagize n’uruhare mu kubasahura no kubasenyera.

Mu rukiko ariko Kalimu yarabihakanye.

Ubusabe bwo kugira ngo yamburwe ubwenegihugu bw’Amerika bwashingiwe ku ngingo y’uko yabuhawe nyuma yo kubeshya amazina ye akiyita Peter Kalimu kandi ari Fidele Twizere.

Yabeshye n’itariki yavukiye .

Igihe cyose yamaze ashaka ubwenegihugu bw’Amerika ,Fidele Twizere ntiyigeze ahingukiriza inzego z’abinjira n’abasohoka ko ariya ari yo mazina ye nyakuri, ahubwo yatsimbaraye kuri Peter Kalimu.

Abasabye ko yamburwa ubwenegihugu bw’Amerika bavugaga ko kuba yarahishe inzego amazina ye nyakuri byatumye zitamumenya neza ngo zimukurikiraneho Jenoside yasize akoreye Abatutsi mu Rwanda.

Ubwo yabazwaga niba nawe yemeranya n’umutimanama we ko yabeshye inzego, Kalimu yarabyemeye ndetse yemera ko akwiye kwamburwa buriya bwenegihugu.

Ibi byorohereje ubutabera bw’Amerika mu Karere ka Western District muri New York, butegeka ko uriya mugabo agomba kuba yavuye muri Amerika bitarenze tariki 01, Ugushyingo, 2021.

Mu mwaka wa 2018 habaye urundi rubanza, Kalimu ahamwa n’icyaha cyo kubeshya umwirondoro we

Umushinjacyaha mukuru wungirije by’agateganyo witwa Brian M.Boynton yavuze ko Leta zunze ubumwe z’Amerika zitazaba na rimwe icumbi ry’abanyabyaha.

Kubeshya umwirondoro we byatumye uwiyise Kalimu ashobora kuba muri Amerika atuje kandi ahabwa ibyo umuturage wemewe muri Amerika agenerwa na Leta.

Ariko nk’uko Abanyarwanda babiciyemo umugani  ngo’ umuntu ahunga ikimwirukankana ariko ntahunga ikimwirukamo,’ Fidele Twizere wari yariyise Peter Kalimu yaje kuvumburwa n’inzego z’Amerika.

Itangazo ryo mu Bushinjacyaha bukuru bw’Amerika rivuga ko ubu noneho Twizere agomba kujya ku mugaragaro akagaragara, ibyo yakoze byose bikajya ku karubanda kandi mu mazina ye bwite, atari ayo yafindafinze.

TAGGED:AbatutsiAmerikafeaturedJenosideUmunyarwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Za DRC Zirivuga Ibigwi
Next Article Ikindi Gisasu Cyishe Abana Babiri Muri Uganda, Umwe Arakomereka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abaturage 354 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?