Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda W’Imyaka 15 Yiciwe Mu Bongereza Atewe Ibyuma
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umunyarwanda W’Imyaka 15 Yiciwe Mu Bongereza Atewe Ibyuma

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 July 2021 11:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Thamim Ian Hakizimana uherutse kwicirwa mu Bwongereza atewe ibyuma ku wa Gatandatu tariki 24, Nyakanga, 2021yarashyinguwe. Yishwe n’itsinda ry’ingimbi zamuteze ajya ku ishuri.

Yiciwe ahitwa Woolwhich mu Majyepfo y’u Bwongereza.

Nyina w’uyu umwana yabwiye abari baje mu muhango wo gushyingura no gushyira indabo ku mva y’iriya ngimbi yavuze ko bibabaje kuba umwana we yarishwe atewe ibyuma ubwo yari agiye kwiga.

Nyina yitwa Hawa Haragakiza.

Hawa Haragakiza yagize ati: “ Ubwo umwana wanjye yari aryamye hasi ataka, atabaza kuko yavaga amaraso, abantu bacaga hafi aho bakamureba bagahita, abandi bagafata amafoto n’amashusho. Amashusho ye aryamye hasi yarakwirakwijwe, ariko mu by’ukuri ibi ntibikwiye, si ubumuntu.”

Avuga ko umwana we yisanze ari mu maboko y’abanyarugomo, ahantu hateje akaga bimuviramo urupfu.

Umwe mu Banyarwanda baba mu Bwongereza witwa Gisèle Pelosi yabwiye The New Times dukesha iyi nkuru ko ari ubwa mbere muri uyu mwaka Umunyarwanda yishwe atewe ibyuma.

Pelosi avuga ko mu Bwongereza hari udutsiko tw’urubyiruko rukunda urugomo, rutega umuntu wese uciye mu gace rwigaruriye.

Buri tsinda ry’urubyiruko rw’abanyarugomo( gangs), rigira agace ryagize indiri k’uburyo kugacamo bisa no kwiyahura!

Bamwe mu Banyarwanda baba mu Bwongereza bashyinguye uriya mwana

Umurwa mukuru London niwo ubamo ariya matsinda menshi, ariko ngo no mu mijyi nka Manchester na Birmingham naho rurahaba rwinshi.

Abagize ariya matsinda bakora urugomo rwo guterana ibyuma kandi hari benshi bapfa bazira ibikomere.

Pelosi avuga ko abasore n’ingimbi batanu bamaze gutabwa muri yombi bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa Thamim Ian Hakizimana.

Mu myaka ibiri ishize hari undi Munyarwanda nawe wishwe muri buriya buryo aguye i London.

Aba ni bamwe mu rubyiruko rwazize ibyuma rwatewe, biruviramo gupfa

 

TAGGED:BwongerezafeaturedUmunyarwandaUrugomo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abadepite Ba Uganda Barashaka Miliyoni 30$ Zo Kugura Imodoka Nshya
Next Article Ingabo Zacu N’Iz’U Rwanda Ziri Guhashya Umwanzi’- Perezida Nyusi Wa Mozambique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?