Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Yashinzwe Kuyobora UN Muri Madagascar
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umunyarwanda Yashinzwe Kuyobora UN Muri Madagascar

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 March 2025 1:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Anthony Ngororano yagizwe Umuyobozi w’Amashami y’Umuryango w’Abibumbye (UN) muri Madagascar. Ngororano, mu bihe bitandukanye n’ahantu hatandukanye, yakoze byinshi mu nzego zo hejuru haba mu Rwanda no mu Muryango w’Abibumbye.

Yigeze no kuba Umujyanama Mukuru mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.

Umunyamabanga Mukuru wa UN witwa Antonio Guterres niwe wamushinze guhagararira uyu Muryango muri Madagascar.

Izi nshingano yazitangiye mu buryo bweruye tariki 01, Werurwe, 2025.

Hari nyuma y’ibiganiro hagati ya UN n’ubuyobozi bwa Madagascar kugira ngo Ngororano azatangire imirimo ye byaramaze kumvikanwaho n’igihugu azakoreramo.

Amakuru y’izo nshingano nshya Antony Ngororano yahawe,  avuga  ko muri rusange amaze imyaka 20 mu nshingano zitandukanye za UN n’izo mu bikorera ku giti cyabo.

Yayoboye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP) muri Kenya ariko mbere y’aho yari Intumwa y’iri shami muri Mauritania.

Yageze muri iki gihugu cyo mu Burengerazuba bwa Afurika avuye kuba Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Akanama k’Inama y’Ubutegetsi mu Biro by’Umuyobozi Mukuru w’Ikigega cy’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe abaturage (UNFPA) i New York, USA.

Na mbere y’aho yakoze mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bagore (UN Women) ahagarariye iri shami muri Haїti.

Ngororano afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu Iterambere ry’ubukungu no mu mibanire mpuzamahanga yakuye muri Kaminuza ya East Anglia na Kaminuza ya Sussex zo mu Bwongereza.

Afite kandi impamyabumenyi mu bukungu yakuye muri Kaminuza ya Edinburgh muri Ecosse.

TAGGED:featuredMadagascar. IshamiNgororanoUmunyamabangaUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Igiye Guhagarika Inkunga Ya Gisirikare Yahaga Ukraine
Next Article Nakoze Amakosa Menshi, Ariko Ubu Narize-Ariel Wayz
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

You Might Also Like

Mu Rwanda

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?