Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Yashinzwe Kuyobora UN Muri Madagascar
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umunyarwanda Yashinzwe Kuyobora UN Muri Madagascar

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 March 2025 1:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Anthony Ngororano yagizwe Umuyobozi w’Amashami y’Umuryango w’Abibumbye (UN) muri Madagascar. Ngororano, mu bihe bitandukanye n’ahantu hatandukanye, yakoze byinshi mu nzego zo hejuru haba mu Rwanda no mu Muryango w’Abibumbye.

Yigeze no kuba Umujyanama Mukuru mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.

Umunyamabanga Mukuru wa UN witwa Antonio Guterres niwe wamushinze guhagararira uyu Muryango muri Madagascar.

Izi nshingano yazitangiye mu buryo bweruye tariki 01, Werurwe, 2025.

Hari nyuma y’ibiganiro hagati ya UN n’ubuyobozi bwa Madagascar kugira ngo Ngororano azatangire imirimo ye byaramaze kumvikanwaho n’igihugu azakoreramo.

Amakuru y’izo nshingano nshya Antony Ngororano yahawe,  avuga  ko muri rusange amaze imyaka 20 mu nshingano zitandukanye za UN n’izo mu bikorera ku giti cyabo.

Yayoboye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP) muri Kenya ariko mbere y’aho yari Intumwa y’iri shami muri Mauritania.

Yageze muri iki gihugu cyo mu Burengerazuba bwa Afurika avuye kuba Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Akanama k’Inama y’Ubutegetsi mu Biro by’Umuyobozi Mukuru w’Ikigega cy’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe abaturage (UNFPA) i New York, USA.

Na mbere y’aho yakoze mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bagore (UN Women) ahagarariye iri shami muri Haїti.

Ngororano afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu Iterambere ry’ubukungu no mu mibanire mpuzamahanga yakuye muri Kaminuza ya East Anglia na Kaminuza ya Sussex zo mu Bwongereza.

Afite kandi impamyabumenyi mu bukungu yakuye muri Kaminuza ya Edinburgh muri Ecosse.

TAGGED:featuredMadagascar. IshamiNgororanoUmunyamabangaUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Igiye Guhagarika Inkunga Ya Gisirikare Yahaga Ukraine
Next Article Nakoze Amakosa Menshi, Ariko Ubu Narize-Ariel Wayz
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rusizi: Abajura Binjira Mu Bitaro Bakiba

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

You Might Also Like

Mu Rwanda

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umutekano Mu Muhanda Uvuze Byinshi – Minisitiri Biruta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?