Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Yatorewe Kuyobora Abanyamategeko ‘Muri Afurika’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umunyarwanda Yatorewe Kuyobora Abanyamategeko ‘Muri Afurika’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 June 2025 3:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Me Nkundabarashi Moїse
SHARE

Uwo ni Me Moїse Nkundabarashi usanzwe uyobora Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda,  Rwanda Bar Association, watorewe kuba Visi Perezida w’Abavoka mu Burasirazuba bwa Afurika basanzwe bari mu ihuriro rigari ry’abo banyamwuga muri Afurika.

Ihuriro Nyafurika ry’Abanyamategeko ryitwa the Pan African Lawyers Union (PALU), Nkundabarashi akazakora imirimo ye guhera mu mwaka wa 2025 kugeza mu mwaka wa  2028.

Uyu munyamategeko avuga ko natangira inshingano azashyira imbaraga mu kurushaho kubaka ubunyamwuga muri bagenzi be binyuze mu kungurana nabo ubunararibonye, haba imbere mu bihugu binyamuryango no mu rwego nyambukamipaka.

Yabwiye bagenzi bacu ba The New Times ko kimwe mubyo we na bagenzi be bashinzwe, ari ugushyiraho imikoranire mishya no kunoza isanzweho.

Ati: “ Inshingano zanjye nshya ni ugukora ubuvugizi kugira ngo umwuga wacu urushaheho kumenyekana mu kamaro umariye ubutabera, kubakira ubushobozi bagenzi bacu, gutuma akazi kacu gahuza n’imiterere y’imico n’imigenzo y’Abanyafurika ariko byose bigashingira k’ukubahiriza amategeko”.

I Abidjan muri Côte d’Ivoire niho yaraye atorewe mu Nteko rusange ya 15 y’abanyamategeko bagize PALU.

Ni inteko yatangiye tariki 25 irangira kuri uyu wa Gatanu tariki 27, Kamena, 2025.

Uwo mwanya awusimbuyeho Umunya Ethiopia witwa Tewodros Getachew Tulu, we akaba yabaye Perezida w’iri huriro na Perezida wa Komite Nshingwabikorwa yaryo.

Abandi bazakorana na Me Moїse Nkundabarashi ni Umunya Centrafrique witwa Djerandi Laguerre Dionro, Umunya Afurika y’Epfo witwa Womba Silumbu Kankondo na Koffi Sylvain Mensah Attoh wo muri Togo.

Uretse kuba ari umuhanga mu mategeko, Nkundabarashi avuga Ikinyarwanda, Igifaransa, Icyongereza n’Igiswahili.

TAGGED:featuredIhuriroNkundabarashiUmuhangaUmunyamategeko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Museveni Yafashe Impapuro Zimwemerera Kwiyamamariza Manda Ya Karindwi
Next Article Amerika Yikomye M23
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?