Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Yiciwe Urw’Agashinyaguro Muri Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Umunyarwanda Yiciwe Urw’Agashinyaguro Muri Uganda

admin
Last updated: 07 June 2021 9:57 pm
admin
Share
SHARE

Umunyarwanda wamenyekanye ku mazina ya Bazambanza Munyemana yiciwe muri Uganda mu buryo bw’agashinyaguro, umurambo we uza kujugunywa ku mupaka w’u Rwanda.

Umubiri w’uyu musore wabonetse kuri uyu wa 6 Kamena ahagana saa saba z’amanywa, bigaragara ko yakubiswe ndetse agatwikwa.

Bazambanza w’imyaka 21 yakomokaga mu Karere ka Burera, yari amaze igihe gisaga imyaka ine akorera imirimo itandukanye mu gace ka Butandi mu karere ka Kabale muri Uganda.

Hari amakuru ko yaje guterwa n’abagizi ba nabi barimo uwari umukoresha we, bamusanga mu rugo bamukubita ingiga y’igiti, baza no kumutwika yambaye ubusa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuyobozi w’Akarere ka Burera Uwanyirigira Marie Chantal yemeje ko amakuru babonye ari uko uriya musore yiciwe muri Uganda, abanya-Uganda baza kumujugunya ku mupaka, ku ruhande rw’u Rwanda.

Ati “Amakuru twabonye ni uko yazanywe n’abagande bakamujugunya iwacu, bamuzanye ku manywa abaturage bareba.”

Ni ubugizi bwa nabi bwagwiriye uyu musore mu gihe abanyarwanda bamaze igihe bagirirwa nabi muri Uganda, ibintu byazambije umubano w’ibihugu byombi.

Abagizi ba nabi bamaze kwica Bazambanza, bahise bamuboha bamujyana hafi y’umupaka w’u Rwanda mu karere ka Burera, mu murenge wa Kivuye.

Hari aakuru ko ibyo byose bariya bagizi ba nabi babikoze ku manywa y’ihangu.

- Advertisement -

Abaturage bakibibona bahise bamenyesha ubuyobozi, umurambo bawujyana mu bitaro bya Butaro ngo ukorerwe isuzumwa, mu gihe iperereza rigikomeje.

Abanyarwanda benshi bakomeje gukorerwa iyicarubozo muri Uganda benshi bakahaburira ubuzima, kandi ntihagire ukurikirana.

Mu baheruka harimo Felicien Mbonabaheka wishwe mu gihe gishize ubwo yageragezaga gukiza umunyarwanda wari umerewe nabi n’abagizi ba nabi muri Uganda. Bamutemye umutwe n’amaguru, ndetse bahita banamushyingura umuryango we utamenyeshejwe.

Ni kimwe na Emmanuel Mageza wishwe, umubiri we ntushyikirizwe umuryango we.

U Rwanda rwakomeje gusaba Uganda guhagarika iyicarubozo rikorerwa abanyarwanda, ariko kugeza magingo aya nta gisubizo kiraboneka.

U Rwanda kandi rushinja Uganda gucumbikira abantu bagamije kuruhungabanyiriza umutekano.

 

TAGGED:featuredUgandaUmubanoumupaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuti Wa Mbere Urinda Abageze Mu Zabukuru Indwara Yo Kwibagirwa Wakozwe
Next Article Kuki Banki Za Kenya Zikomeje Kwigarurira Isoko Ry’U Rwanda?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?