Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwandakazi Afunzwe Akurikiranyweho Kugambana Ngo Bice Umuzungu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Umunyarwandakazi Afunzwe Akurikiranyweho Kugambana Ngo Bice Umuzungu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 January 2024 7:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abapolisi bo muri Kenya baherutse kwiyoberanya bigira abicanyi bakorera amafaranga kugira ngo bashobore gufata Umunyarwandakazi washakaga kubaha miliyoni Frw 84( ni ukuvuga miliyoni Ksh 9.2) ngo bice inshuti ye y’Umusuwisi bayambure Euros 850,000 ni ukuvuga Miliyari Frw 1.2.

Amakuru dufite avuga ko uwo Munyarwandakazi ufungiwe icyo cyaha yitwa Uwineza ariko ngo yari yariyise Uwababyeyi.

Yafatanywe na musaza we ubwo bajyaga mu biciro b’abantu bari bizeye ko ari abicanyi bagiye kubafasha kwica uwo Muzungu wo mu Busuwisi bakamucucura ariya ma Euros.

Abo bitaga abicanyi kabuhariwe bari abapolisi b’abanyamwuga.

Kuri uyu wa Kabiri taliki 02, Mutarama, 2024 nibwo uwo mugore na musaza we bageze mu rukiko.

Amakuru avuga ko hari umuntu wariye Polisi akara ko hari umugore na musaza we bafite uriya mugambi.

Abapolisi bahise bicara banoza uburyo bwiza bwo kubegera, bakababwira ko ari abicanyi babizobereyemo hanyuma bakazabata muri yombi.

Uwo bashakaga kwica ni Umusuwisi w’imyaka 50 wari waje i Nairobi muri konji ikurikira Noheli bita Boxing Day ngo yishimane n’iyo nkumi.

Yagiye gucumbika muri Hoteli yitwa Westlands mu nkengero za Nairobi, ariko uwo mugore we yabaga mu nzu yitaruye hoteli ho gato, izo bita ‘apartment.’

Bivugwa ko uriya mugore yabwiye itsinda ry’abapolisi yitaga ko ari abicanyi ruharwa ko uwo muntu yari afite Euros 850,000 kandi ko mbere yo kumwica uwo yagombaga kubanza kohereza ayo mafaranga yose kuri compte ye.

Gahunda barayinogeje, abapolisi bemera ko uko abishaka ari ko bari bubigenze ariko bakaza kuyagabana bakaringaniza igikorwa nikigenda neza.

Mu mugambi harimo ko hagomba gukorwa ikarita y’inyiganano yerekana ko uwo mugore ari umupolisi uri mu kazi k’umutekano aho kuri Hotel Westlands.

Iyi hoteli niho umukobwa yari buhurire n’uwo Muzungu bagasangira mbere y’uko abo ‘bicanyi’ baza kurangiza gahunda.

Ikarita ya Polisi barayikoze bayitirira izina rya Sarah Nafula Masika.

Bwarakeye nibwo uwo mugambi washyizwe mu bikorwa ariko wa mugore asanga abo yari yiringiye ko ari abicanyi ahubwo ari abapolisi bamufatana na musaza we.

Babasanganye acide n’ibyuma bibiri.

 

TAGGED:AbapolisiAbicanyifeaturedKenyaKugambanaUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Amerika Yasabye Abatishimiye Ibyavuye Mu Matora Kugana Inkiko
Next Article Israel Yishe Umuyobozi Mukuru Wungirije Wa Hamas
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?