Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwandakazi Ari Mu Bahataniye Igihembo Cya Miliyoni $1.5
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Umunyarwandakazi Ari Mu Bahataniye Igihembo Cya Miliyoni $1.5

admin
Last updated: 17 August 2021 2:01 pm
admin
Share
SHARE

Yvette Ishimwe washinze ikigo Iriba Water Group Ltd yaje ku rutonde rwa ba rwiyemezamirimo 20 batoranyijwe muri Afurika, bageze mu cyiciro kibanziriza icya nyuma muri Africa’s Business Heroes (ABH) 2021. Ni irushanwa ry’imishinga, 10 itoranyijwe ihabwa inkunga zishobora kugera muri miliyoni $1.5.

Ni ibihembo byatangijwe na Jack Ma Foundation, ubwo Jack Ma wayishinze yakoreraga urugendo muri Afurika mu 2017, akabona umuhate urubyiruko rufite mu kwihangira imirimo, ariko rimwe na rimwe rukagira inzitizi y’igishoro.

Urutonde rw’abantu 20 bakomeje muri iri rushanwa rwatangajwe kuri uyu wa Kabiri, rugaragaza ko baturuka mu bihugu 11 bya Botswana, Cote d’Ivoire, Misiri, Ghana, Kenya, Nigeria, u Rwanda, Afurika y’Epfo, Tanzania, Togo, na Uganda.

Muri bo 45% ni igitsina gore ndetse impuzandengo y’imyaka ni 34.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Aba nabo bazatoranywamo 10 bazagera ku munsi wa nyuma w’irushanwa, bazanagira amahirwe yo kugeza imishinga yabo ku bakemurampaka. Aba mbere bazagabana ibihembo byose hamwe bishobora kugera kuri miliyoni $1.5.

Abageze muri iki cyiciro bafite imishinga iri mu nzego zirimo ubuhinzi, ibijyanye n’ubwiza, uburezi, ingufu, serivisi zimari, itangazamakuru n’imyidagaduro n’ubucuruzi buciriritse.

Mu bakemurampaka batandatu harimo Fred Swaniker washinze African Leadership University, inakorera mu Rwanda. Ntabwo hagaragaramo Jack Ma watangije iyi gahunda ari na we nyiri Alibaba Group.

Muri uyu mwaka abantu bagera mu 12,000 bari bandikishije imishinga yabo, haza gutoranywamo imishinga 50 ikomeza mu cyiciro gikurikira, ari nayo yaje kuvamo 20.

Babanje guhabwa amasomo ajyanye n’ubucuruzi, mbere yo gutoranya abakomeza mu cyiciro gikurikiraho. Ni igikorwa cyaranzwe n’ibazwa ryitabajwemo abakemurampaka 48 bo hirya no hino muri Afurika no hanze yayo.

- Advertisement -

Biteganywa ko 10 ba mbere bazatangazwa mu Ukwakira, ari nabwo bazagera imbere y’abakemurampaka.

Abatoranyijwe mu mwaka ushize, buri umwe yatahanye $100,000.

Biteganywa ko mu gihe cy’imyaka 10 iyi gahunda izamara, ABH izashimira ba rwiyemezamirimo 100 bo mu nzego zitandukanye, hagamijwe kubaka ba rwiyemezamirimo bakomeye b’igihe kiri imbere.

Yvette Ishimwe uri guhatana muri iri rushanwa akomoka mu Karere ka Kayonza, ari naho yatangiriye umushinga wo gukwirakwiza amazi meza.

Mu 2017 yahawe n’Umwamikazi Elisabeth II w’u Bwongereza igihembo ‘Queen’s Young Leaders Award’ gihabwa urubyiruko rufite imishinga yo guhangana n’ibibazo byugarije Isi birimo uburezi, imihindagurikire y’ibihe, uburinganire n’uburenganzira bw’abafite ubumuga, mu bihugu bigize Commonwealth.

TAGGED:featuredIriba Water Group LtdJack MaYvette Ishimwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ruzakira Irushanwa Nyafurika Rya Volleyball
Next Article Col Makanika N’Abarwanyi Be Biyise ‘Twigwaneho’ Bakubiswe Inshuro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?