Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwandakazi Ari Mu Bahataniye Igihembo Cya Miliyoni $1.5
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Umunyarwandakazi Ari Mu Bahataniye Igihembo Cya Miliyoni $1.5

admin
Last updated: 17 August 2021 2:01 pm
admin
Share
SHARE

Yvette Ishimwe washinze ikigo Iriba Water Group Ltd yaje ku rutonde rwa ba rwiyemezamirimo 20 batoranyijwe muri Afurika, bageze mu cyiciro kibanziriza icya nyuma muri Africa’s Business Heroes (ABH) 2021. Ni irushanwa ry’imishinga, 10 itoranyijwe ihabwa inkunga zishobora kugera muri miliyoni $1.5.

Ni ibihembo byatangijwe na Jack Ma Foundation, ubwo Jack Ma wayishinze yakoreraga urugendo muri Afurika mu 2017, akabona umuhate urubyiruko rufite mu kwihangira imirimo, ariko rimwe na rimwe rukagira inzitizi y’igishoro.

Urutonde rw’abantu 20 bakomeje muri iri rushanwa rwatangajwe kuri uyu wa Kabiri, rugaragaza ko baturuka mu bihugu 11 bya Botswana, Cote d’Ivoire, Misiri, Ghana, Kenya, Nigeria, u Rwanda, Afurika y’Epfo, Tanzania, Togo, na Uganda.

Muri bo 45% ni igitsina gore ndetse impuzandengo y’imyaka ni 34.

Aba nabo bazatoranywamo 10 bazagera ku munsi wa nyuma w’irushanwa, bazanagira amahirwe yo kugeza imishinga yabo ku bakemurampaka. Aba mbere bazagabana ibihembo byose hamwe bishobora kugera kuri miliyoni $1.5.

Abageze muri iki cyiciro bafite imishinga iri mu nzego zirimo ubuhinzi, ibijyanye n’ubwiza, uburezi, ingufu, serivisi zimari, itangazamakuru n’imyidagaduro n’ubucuruzi buciriritse.

Mu bakemurampaka batandatu harimo Fred Swaniker washinze African Leadership University, inakorera mu Rwanda. Ntabwo hagaragaramo Jack Ma watangije iyi gahunda ari na we nyiri Alibaba Group.

Muri uyu mwaka abantu bagera mu 12,000 bari bandikishije imishinga yabo, haza gutoranywamo imishinga 50 ikomeza mu cyiciro gikurikira, ari nayo yaje kuvamo 20.

Babanje guhabwa amasomo ajyanye n’ubucuruzi, mbere yo gutoranya abakomeza mu cyiciro gikurikiraho. Ni igikorwa cyaranzwe n’ibazwa ryitabajwemo abakemurampaka 48 bo hirya no hino muri Afurika no hanze yayo.

Biteganywa ko 10 ba mbere bazatangazwa mu Ukwakira, ari nabwo bazagera imbere y’abakemurampaka.

Abatoranyijwe mu mwaka ushize, buri umwe yatahanye $100,000.

Biteganywa ko mu gihe cy’imyaka 10 iyi gahunda izamara, ABH izashimira ba rwiyemezamirimo 100 bo mu nzego zitandukanye, hagamijwe kubaka ba rwiyemezamirimo bakomeye b’igihe kiri imbere.

Yvette Ishimwe uri guhatana muri iri rushanwa akomoka mu Karere ka Kayonza, ari naho yatangiriye umushinga wo gukwirakwiza amazi meza.

Mu 2017 yahawe n’Umwamikazi Elisabeth II w’u Bwongereza igihembo ‘Queen’s Young Leaders Award’ gihabwa urubyiruko rufite imishinga yo guhangana n’ibibazo byugarije Isi birimo uburezi, imihindagurikire y’ibihe, uburinganire n’uburenganzira bw’abafite ubumuga, mu bihugu bigize Commonwealth.

TAGGED:featuredIriba Water Group LtdJack MaYvette Ishimwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ruzakira Irushanwa Nyafurika Rya Volleyball
Next Article Col Makanika N’Abarwanyi Be Biyise ‘Twigwaneho’ Bakubiswe Inshuro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?