Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwandakazi Ari Mu Bahataniye Igihembo Cya Miliyoni $1.5
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Umunyarwandakazi Ari Mu Bahataniye Igihembo Cya Miliyoni $1.5

admin
Last updated: 17 August 2021 2:01 pm
admin
Share
SHARE

Yvette Ishimwe washinze ikigo Iriba Water Group Ltd yaje ku rutonde rwa ba rwiyemezamirimo 20 batoranyijwe muri Afurika, bageze mu cyiciro kibanziriza icya nyuma muri Africa’s Business Heroes (ABH) 2021. Ni irushanwa ry’imishinga, 10 itoranyijwe ihabwa inkunga zishobora kugera muri miliyoni $1.5.

Ni ibihembo byatangijwe na Jack Ma Foundation, ubwo Jack Ma wayishinze yakoreraga urugendo muri Afurika mu 2017, akabona umuhate urubyiruko rufite mu kwihangira imirimo, ariko rimwe na rimwe rukagira inzitizi y’igishoro.

Urutonde rw’abantu 20 bakomeje muri iri rushanwa rwatangajwe kuri uyu wa Kabiri, rugaragaza ko baturuka mu bihugu 11 bya Botswana, Cote d’Ivoire, Misiri, Ghana, Kenya, Nigeria, u Rwanda, Afurika y’Epfo, Tanzania, Togo, na Uganda.

Muri bo 45% ni igitsina gore ndetse impuzandengo y’imyaka ni 34.

Aba nabo bazatoranywamo 10 bazagera ku munsi wa nyuma w’irushanwa, bazanagira amahirwe yo kugeza imishinga yabo ku bakemurampaka. Aba mbere bazagabana ibihembo byose hamwe bishobora kugera kuri miliyoni $1.5.

Abageze muri iki cyiciro bafite imishinga iri mu nzego zirimo ubuhinzi, ibijyanye n’ubwiza, uburezi, ingufu, serivisi zimari, itangazamakuru n’imyidagaduro n’ubucuruzi buciriritse.

Mu bakemurampaka batandatu harimo Fred Swaniker washinze African Leadership University, inakorera mu Rwanda. Ntabwo hagaragaramo Jack Ma watangije iyi gahunda ari na we nyiri Alibaba Group.

Muri uyu mwaka abantu bagera mu 12,000 bari bandikishije imishinga yabo, haza gutoranywamo imishinga 50 ikomeza mu cyiciro gikurikira, ari nayo yaje kuvamo 20.

Babanje guhabwa amasomo ajyanye n’ubucuruzi, mbere yo gutoranya abakomeza mu cyiciro gikurikiraho. Ni igikorwa cyaranzwe n’ibazwa ryitabajwemo abakemurampaka 48 bo hirya no hino muri Afurika no hanze yayo.

Biteganywa ko 10 ba mbere bazatangazwa mu Ukwakira, ari nabwo bazagera imbere y’abakemurampaka.

Abatoranyijwe mu mwaka ushize, buri umwe yatahanye $100,000.

Biteganywa ko mu gihe cy’imyaka 10 iyi gahunda izamara, ABH izashimira ba rwiyemezamirimo 100 bo mu nzego zitandukanye, hagamijwe kubaka ba rwiyemezamirimo bakomeye b’igihe kiri imbere.

Yvette Ishimwe uri guhatana muri iri rushanwa akomoka mu Karere ka Kayonza, ari naho yatangiriye umushinga wo gukwirakwiza amazi meza.

Mu 2017 yahawe n’Umwamikazi Elisabeth II w’u Bwongereza igihembo ‘Queen’s Young Leaders Award’ gihabwa urubyiruko rufite imishinga yo guhangana n’ibibazo byugarije Isi birimo uburezi, imihindagurikire y’ibihe, uburinganire n’uburenganzira bw’abafite ubumuga, mu bihugu bigize Commonwealth.

TAGGED:featuredIriba Water Group LtdJack MaYvette Ishimwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ruzakira Irushanwa Nyafurika Rya Volleyball
Next Article Col Makanika N’Abarwanyi Be Biyise ‘Twigwaneho’ Bakubiswe Inshuro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?