Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwenya Eric Omondi Yafunzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Umunyarwenya Eric Omondi Yafunzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 March 2023 1:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Omondi ni umwe mu banyarwenya bakomeye muri Afurika. Yatawe muri yombi na Polisi ya Kenya ubwo yahaga buri wese mu bafana be umufuka w’akawunga ngo bazamuherekeze ajye ku Biro by’Umukuru w’igihugu kwigaragambya.

Yahuriye n’abakunzi be kuri stade yitwa City Stadium.

Uyu mugabo wamamaye kubera impano yo gusetsa yari aherutse gutangaza ko taliki 07, Werurwe, 2023 azajyana n’abafana be ku Biro by’Umukuru w’igihugu bakajya kumwereka ko ubuzima bwananiye abaturage.

Avuga ko azajyana yo impapuro zerekana ubwishyu bw’amazi n’amashanyarazi, izerekana uko ababyeyi bahendwa no kwishyura amashuri,  ibyerekana ukuntu abantu barangije Kaminuza babuze akazi n’ibindi.

Avuga ko bigamije gukebura ubutegetsi bwa Willia Ruto bukareba uko bwasubiza ibintu ku murongo kuko abaturage babayeho nabi.

Birasa n’aho bitazamworohera kubera ko ubwo yahaga abafana be imifuka y’akawunga ngo bajye kwica isari, Polisi yabaguye gitumo imuta muri ymbi abandi amaguru bayabangira ingata.

Omondi  afungiwe kuir Station ya Polisi y’ahitwa Industrial Area Police Station.

Yabwiye abapolisi ko n’ubwo bamufunze, bamuhemukiye kubera ko yari aha abakene ifunguro ryo gutuma baramuka.

Omondi yabwiya abapolisi ko amafaranga yo kugura kariya kawunga yayavanye mu mufuka we, ko ntawe yayasabye bityo ko nta n’ukwiye kubimuziza.

Si ubwa mbere Eric Omondi afungwa azira guharanira ko ibiciro bigabanuka kuko taliki 21, Gashyantare, 2023 nabwo yafungiwe ko yifatanyije n’abasore bari biyambuye mu gituza bafunga umuhanda winjira ku Nteko ishinga amategeko.

Basabaga ko bahabwa umwanya bakazaganira na Perezida w’Inteko ishinga amategeko, Umutwe w’Abadepite witwa Moses Wetang’ula.

Omondi yaje kurekurwa atanze amande.

TAGGED:ImifukaKawungaKenyaOmondiUrwenya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Umunyamakuru Wa Flash Yakomerekejwe N’Abagizi Ba Nabi
Next Article Obasanjo Wigeze Kuyobora Nigeria Yakemanze Ibyavuye Mu Matora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

Sandra Teta Yarekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?