Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umupadiri W’i Kabgayi Washinjwaga Gusambanya Umwana W’Umuhungu Yagizwe Umwere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umupadiri W’i Kabgayi Washinjwaga Gusambanya Umwana W’Umuhungu Yagizwe Umwere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 December 2021 11:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri gereza ya Muhanga hategerejwe ifungurwa  rya Padiri Jean Baptiste Habimfura  wari umaze gihe runaka afunzwe akurikiranyweho gusambanya umwana ariko urukiko rwamugize umwere.

Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga nirwo ruherutse kumugira umwere ku cyaha yashinjwaga cyo gusambanya umwana w’umuhungu no guhimba inyandiko mpimbano.

Yasomewe tariki 28, Ukuboza, 2021.

Yashinjwaga ko yakoreye kiriya cyaha  umwana wari usanzwe akorera aba bapadiri aho batuye mu Murenge wa Rongi.

Padiri Habimfura yafashwe tariki ya 10 Gashyantare 2021 ageze ku mupaka wa Rusumo bikaba byarakekwaga ko yaragiye gucika ubutabera.

Inteko yaburanishije urubanza rwe yavuze ko ibirego byatanzwe n’ubushinjacyaha nta shingiro bifite ku byaha byombi yari akurikiranyweho, rutegeka ko ahita arekurwa.

Ikinyamakuru Intyoza cyanditse ko ku binyanye n’icyaha cy’inyandiko mpimbano yari akurikiranyweho, ngo cyakomotse ku ibaruwa yanditswe n’uriya mwana avuga ko ibyo yavuze mu bushinjacyaha yabeshyeye uriya mupadiri ndetse ibaruwa ijyanwa no kwa Musenyeri wa Diyosezi ya Kabgayi maze ubushinjacyaha bubiheraho buvuga byakozwe mu buryo bwo kuzimanganya ibimenyetso maze bigirwa icyaha.

Ibi byaha byombi ubushinjacyaha bwari bukurikiranyeho Padiri Habimfura bwari bwaramusabiye igihano cy’imyaka 32 y’igifungo.

Ku cyaha cy’inyandiko mpimbano, yasabiwe gufungwa imyaka irindwi naho icyaha cyo gusambanya umwana utarageza ku myaka y’ubukure bwaramusabiye imyaka 25.

Ubushinjacyaha bwasabye ko biriya bihano bigomba gukomatanywa akabikora byose.

Umwunganizi we, Me Joseph Twagirayezu, yavuze ko yishimiye ko uwo yunganira yagizwe umwere.

Ngo hari ibitarashingiweho bamufata birimo ko uriya mwana yavuze ko Padiri yamufashe mu mpera z’umwaka wa 2020 ariko agafatwa muri Gashyantare 202.

Ibi ngo bivuze ko nta n’urwego na rumwe yari yarabibwiye ko yahohotewe na  Padiri .

Ikindi ngo ni ko na raporo yakozwe n’inzobere itegeze igaragaza ko uriya mwana yasambanijwe.

Ndetse na nyirubwite yaje kwivuguruza

Padiri Habimfura Jean Baptiste  yabaye Umuyobozi w’Amasomo muri Collège Sainte Marie Reine Kabgayi.

Yakoze no muri  Paruwasi ya Ntarabana iherereye mu Murenge wa Rongi muri Muhanga.

 

TAGGED:DiyosezifeaturedMusenyeriPadiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Desmund Tutu Azashyingurwa Kuwa Gatanu, Umurambo We Uzatwikwa
Next Article Inzego 10 Ziri Ku Isonga Mu Kurwanya COVID-19 Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?