Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umupadiri W’i Kabgayi Washinjwaga Gusambanya Umwana W’Umuhungu Yagizwe Umwere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umupadiri W’i Kabgayi Washinjwaga Gusambanya Umwana W’Umuhungu Yagizwe Umwere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 December 2021 11:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri gereza ya Muhanga hategerejwe ifungurwa  rya Padiri Jean Baptiste Habimfura  wari umaze gihe runaka afunzwe akurikiranyweho gusambanya umwana ariko urukiko rwamugize umwere.

Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga nirwo ruherutse kumugira umwere ku cyaha yashinjwaga cyo gusambanya umwana w’umuhungu no guhimba inyandiko mpimbano.

Yasomewe tariki 28, Ukuboza, 2021.

Yashinjwaga ko yakoreye kiriya cyaha  umwana wari usanzwe akorera aba bapadiri aho batuye mu Murenge wa Rongi.

Padiri Habimfura yafashwe tariki ya 10 Gashyantare 2021 ageze ku mupaka wa Rusumo bikaba byarakekwaga ko yaragiye gucika ubutabera.

Inteko yaburanishije urubanza rwe yavuze ko ibirego byatanzwe n’ubushinjacyaha nta shingiro bifite ku byaha byombi yari akurikiranyweho, rutegeka ko ahita arekurwa.

Ikinyamakuru Intyoza cyanditse ko ku binyanye n’icyaha cy’inyandiko mpimbano yari akurikiranyweho, ngo cyakomotse ku ibaruwa yanditswe n’uriya mwana avuga ko ibyo yavuze mu bushinjacyaha yabeshyeye uriya mupadiri ndetse ibaruwa ijyanwa no kwa Musenyeri wa Diyosezi ya Kabgayi maze ubushinjacyaha bubiheraho buvuga byakozwe mu buryo bwo kuzimanganya ibimenyetso maze bigirwa icyaha.

Ibi byaha byombi ubushinjacyaha bwari bukurikiranyeho Padiri Habimfura bwari bwaramusabiye igihano cy’imyaka 32 y’igifungo.

Ku cyaha cy’inyandiko mpimbano, yasabiwe gufungwa imyaka irindwi naho icyaha cyo gusambanya umwana utarageza ku myaka y’ubukure bwaramusabiye imyaka 25.

Ubushinjacyaha bwasabye ko biriya bihano bigomba gukomatanywa akabikora byose.

Umwunganizi we, Me Joseph Twagirayezu, yavuze ko yishimiye ko uwo yunganira yagizwe umwere.

Ngo hari ibitarashingiweho bamufata birimo ko uriya mwana yavuze ko Padiri yamufashe mu mpera z’umwaka wa 2020 ariko agafatwa muri Gashyantare 202.

Ibi ngo bivuze ko nta n’urwego na rumwe yari yarabibwiye ko yahohotewe na  Padiri .

Ikindi ngo ni ko na raporo yakozwe n’inzobere itegeze igaragaza ko uriya mwana yasambanijwe.

Ndetse na nyirubwite yaje kwivuguruza

Padiri Habimfura Jean Baptiste  yabaye Umuyobozi w’Amasomo muri Collège Sainte Marie Reine Kabgayi.

Yakoze no muri  Paruwasi ya Ntarabana iherereye mu Murenge wa Rongi muri Muhanga.

 

TAGGED:DiyosezifeaturedMusenyeriPadiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Desmund Tutu Azashyingurwa Kuwa Gatanu, Umurambo We Uzatwikwa
Next Article Inzego 10 Ziri Ku Isonga Mu Kurwanya COVID-19 Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?