Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umupolisi Wahamijwe Kwica George Floyd Yajuriye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Umupolisi Wahamijwe Kwica George Floyd Yajuriye

Last updated: 24 September 2021 8:37 am
Share
SHARE

Derek Chauvin wahoze ari umupolisi mu mujyi wa Minneapolis muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yajuririye urukiko nyuma yo guhamwa no kwica umwirabura George Floyd, agakatirwa gufungwa imyaka 22 n’igice.

George Floyd yishwe n’umupolisi muri Gicurasi umwaka ushize ubwo yageragezaga kumufata akamwambika amapingu, ariko amupfukama ku ijosi mu gihe cy’iminota hafi icumi kugeza ananiwe guhumeka.

Floyd yashinjwaga gukoresha inote ya $20 y’inyiganano.

Urwo rupfu rwateje impagarara muri Amerika no mu bihugu byinshi ku Isi, ruzamura amajwi menshi y’abamagana ivanguraruhu n’ubwicanyi bikomeje gukorerwa abirabura kandi ntihagire ubibazwa.

Mu bujurire bwe, Derek Chauvin yagaragaje ikibazo ku ngingo 14 z’urubanza yaciriwe ku wa 25 Kamena n’urukiko rwo muri Leta ya Minnesota.

Kuva icyo gihe yari afite iminsi 90 yo kujurira, abikora habura amasaha make ko irangire.

Mu byo yagaragaje ko byirengagijwe n’urukiko rwa mbere harimo ko rwanze guhindura aho yaburanishirizwaga kandi yabisabye, rwanga ubusabe bwo gusubika urubanza ndetse rwanga gutandukanya abacamanza n’abandi bantu basanzwe mu gihe bamaze baburanisha urubanza rwe.

Ikindi ngo byasaga n’aho urubanza rwe rwamaze gucibwa kandi ari bwo rugitangira.

Yanavuze ko urukiko rwa mbere rwakoze amakosa ubwo rwemereraga Morries Hall wari kumwe na Floyd mu ijoro yapfuyemo, kudatanga ubuhamya mu rukiko.

Ni mu gihe uruhande rwa Chauvin rwatekerezaga ko ubuhamya bwe bwafasha mu kumvikanisha ko icyatumye Floyd ahita apfa ari ukubera gukoresha ibiyobyabwenge n’ubuzima bwe butari bwifashe neza.

Icyo gihe n’imodoka barimo, Floyd ari we utwaye, ubwo yasakwaga yasanzwemo ibiyobyabwenge.

TAGGED:AmerikaDerek ChauvinGeorge FloydUmupolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gusaba Umuntu Uri Mu Kabari Guha Undi Metero 1.5 Ni Ukwigiza Nkana
Next Article Ikigori Ni Ingirakamaro Ariko Kirugarijwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

I Rulindo Ngo Bagira Isuku Nyinshi

Indonesia: Abahitanywe N’Imyuzure Bamaze Kugera Kuri 414

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

Uburayi: Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Baganiriye Ku Iterambere Ry’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

You Might Also Like

Ubukungu

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Icyizere Cy’Uko Ukraine Izatsinda Intambara Irwana N’Uburusiya Ni Gike

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC Yishimiye Isinywa Ry’Imikoranire N’u Rwanda Mu Majyambere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?