Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umurimo Bahanze Wagiriye Akamaro N’Abana Baba Ku Muhanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Umurimo Bahanze Wagiriye Akamaro N’Abana Baba Ku Muhanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 November 2021 4:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bakirangiza Kaminuza basanze ari ngombwa guhanga akazi kugira ngo bagahe n’abandi. Imwe muri serivisi baha abantu harimo iyo guparika imodoka zabo bidasabye abazizanye kujya kurwana nazo baziparika.

Umuntu asiga imodoka aho ashatse bakayimuparikira.

Babwiye Taarifa ko babikoze mu rwego rwo gufasha abantu kudatakaza umwanya bashaka aho baparika imodoka zabo.

Kugira ngo abantu babizere babasigire imodoka zabo, abasore n’inkumi bo muri iki kigo kitwa Kigali Smart Parking Ltd baba bambaye amajile( julets, vests) abaranga, amakarita abaranga ari ku tugozi bambara mu ijosi n’ibindi.

Iyo umuntu ageze aho yashakaga, asohoka mu modoka ye, agahereza urufunguzo rw’imodoka umwe muri abo basore n’inkumi, akigira mu bye.

Iyo agarutse bamuhereza urufunguzo rw’imodoka ye, akishyura Frw 200 ku isaha bamaze bamurindiye imodoka ubundi akigendera.

Iyo ari mu birori bisaba ko abantu babiraramo, nyiri imodoka yishyura Frw 500 bucyeye.

Ikindi batanga nka serivisi ni ugutwara abantu bahaze agatama.

Mbere y’uko COVID-19 yaduka mu Rwanda, Polisi yari imaze iminsi isaba abantu bajyanye ibinyabiziga gufata ibisembuye kutitwara, ahubwo bagashaka abantu batanyoye inzoga bakaba ari bo babatwara.

Bariya basore bahise babibonamo ikiraka.

Abakobwa n’abahungu bakora aka kazi bafasha benshi

Karamba yatubwiye ati: “ Umuntu ufite ibirori akaba yatumiye abantu bakanywa bagasinda, ashobora kudusaba abashoferi bamugereza abantu be mu ngo zabo amahoro.”

Yaduhaye ingero z’ahantu hatandukanye batanze ziriya serivisi harimo no mu bitaramo by’ikigo gitegura ibitaramo by’abahanzi kitwa East African Promoters n’ibindi.

Bahaye akazi abana bo ku muhanda barenga 20…

Karamba yatubwiye ko mu bakozi 70 bafite harimo abana bahoze ku muhanda barenga 20.

Ikindi avuga ko bateganya gukora ni ugushyira ikoranabuhanga mu byo bakora kugira ngo umukiliya wabo ajye ashobora gucunga imikoreshereze y’imodoka ye hakoreshejwe uburyo bwo kohererezanya ubutumwa bugufi.

Muri iki gihe u Rwanda ruri kwivana mu ngaruka za COVID-19 gahoro gahoro, umuyobozi  wa Kigali Smart Parking  Ltd avuga ko  nabo bateganya guhagurukana imbaraga.

Karamba ati: “ Turifuza kongera kubyukana imbaraga n’umurava twari dufite, ndetse tukagira byinshi twongera mu mikorere.”

Kirazira kunywa agahiye ugatwara ikinyabiziga

Avuga ko bazongera  umubare wa parikingi mu rwego rwo gufasha abafite ubukwe, abaje kwishimisha muri za hoteli, inama nini, ahari utubari tunini n’ahandi.

Ikindi avuga ni uko muri buri Karere bahafite abakozi.

Uwakenera imwe cyangwa nyinshi muri serivisi batanga ashobora kubahamagara kuri +250788298264 , +250788647368 cyangwa +250783528196.

TAGGED:featuredimodokaIsahaParikingi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Mukuru Wa Jandarumori Ya Centrafrique Ari Mu Rwanda
Next Article Habonetse Urukingo Rushya Rwa COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?