Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umurwayi Wa Mbere Ku Isi Yateweho Umutima W’ingurube
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Umurwayi Wa Mbere Ku Isi Yateweho Umutima W’ingurube

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 January 2022 9:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ubwa mbere mu mateka y’ubuganga umurwayi ahawe umutima w’ingurube wahinduwe uturemangingo kugira ngo uhuzwe n’utw’umuntu. Ni umugabo wo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika witwa David Bennett ufite imyaka 57 y’amavuko.

Ubu hashize iminsi itatu awuhawe kandi abaganga bamukurikirana bavuga ko ubuzima bwe bumeze neza.

Igikorwa cyo kumuteramo uriya mutima cyamaze amasaha arindwi kibera mu bitaro biri ahitwa Baltimore.

Kugeza ubu ubuzima bwe buhagaze neza n’ubwo ntawamenya uko bizaba bimeze mu minsi iri imbere.

Uyu murwayi yavuze ko yemeye kubagwa agaterwamo iriya nyama idasanzwe kubera ko ari yo mahitamo yari asigaranye ngo arokore ubuzima bwe.

Abaganga bo muri Kaminuza ya Maryland bamuteyemo iriya nyama bari babihawe uburenganzira n’Ikigo cya Amerika gishinzwe gucunga ubunyamwuga bw’abaganga babaga.

Abaganga bo muri Kaminuza ya Maryland nibo babaze uriya mugabo

Ingingo yo kumubaga bakamuteraho uriya mutima yafashwe nyuma yo kubona ko iyo atabagwa aba yarapfuye.

Kumuteraho umutima w’ingurube niyo mahitamo yari aya nyuma.

Ku byerekeye itsinda ryateguye kiriya gikorwa cyo kubaga uriya murwayi, bavuga ko ibyo bakoze ari igikorwa cy’indashyikirwa bari bamaze igihe bategura, bakorera ubushakashatsi.

Umwe muri bo avuga ko biramutse bigenze neza byaba ari ingirakamaro ku batuye isi muri rusange kuko byazatabara abantu benshi bafite ikibazo cy’umutima wangiritse cyane.

Dr Bartley Griffith  ati: “ Ni intambwe nziza izaba itewe mu gufasha abatuye isi kubona inyama zasimbura izabo zangiritse.”

Urugero ni uko mu gihugu cyateye imbere nka Leta zunze ubumwe z’Amerika, abantu 17 bapfa ku munsi bazira kutabona inyama zisimbura iz’imibiri yabo zangiritse cyane.

Muri kiriya gihugu hari abantu 100, 000 baba bategereje ko hari uwabaha inyama yo gusimbuza iy’urugingo rwabo yangiritse.

Guha abantu inyama z’izindi nyamaswa kugira ngo zisimbure izabo zangiritse abahanga babyita  xenotransplantation.

BBC yanditse ko ingurube ziri mu nyamaswa zari zimaze iminsi zitekerezwaho kuba zafasha muri ubu bushakashatsi.

Mu Ukwakira, 2021 hari itsinda ry’abaganga bo muri New York ryateye impyiko y’ingurube ku muntu wari ufite iyangiritse.

Ikibabaje ni uko uriya murwayi nyuma yaje kugira ikibazo cyo mu bwonko kandi kitigeze gikira.

Bennett we avuga ko afite icyizere cyo kuzagarura agatege bidatinze.

Ubuzima bwe buri gukurikiranirwa hafi n’abaganga.

David Bennett afite icyizere ko azakira akamera neza
TAGGED:AbagangafeaturedIngurubeKaminuzaUmurwayi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikiganiro N’Ambasaderi W’u Budage Mu Rwanda Ku Ruganda Rukora Inkingo Mu Rwanda N’Ibindi…
Next Article ARASHAKISHWA Kubera Gukomeretsa Bikomeye Ijisho Ry’Umugore We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?