Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuryango W’Ubumwe Bw’Uburayi Wahaye Impunzi Z’Abarundi Miliyoni 890 Frw
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umuryango W’Ubumwe Bw’Uburayi Wahaye Impunzi Z’Abarundi Miliyoni 890 Frw

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 May 2021 2:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni amafaranga agenewe impunzi z’Abarundi zifite imibereho mibi kurusha izindi ziba mu nkambi ya Mahama iri mu Karere ka Kirehe Mu Burasirazuba.

Inkunga bahawe iri mu rwego rwo gufasha impunzi bigaragara ko zibayeho nabi kurusha izindi ziri muri iriya nkambi.

Zagenewe amafaranga yose hamwe angana na miliyoni 54.5 €. Azakoreshwa mu bikorwa kandi byo kubafasha kwirinda ibiza no guhangana n’ibyorezo bishobora kwaduka igihe icyo aricyo cyose.

Ikindi ni uko ariya mafaranga agomba kuzitabazwa igihe cyose hari ahavutse icyatuma abaturage bava mu byabo harimo intambara n’ibindi.

Amafaranga y’ikiciro cya mbere twavuze haruguru yatanzwe ishami ry’Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi, mu Cyongereza ryitwa EU’s Civil Protection and Humanitarian Aid Operations.

Umuyobozi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Rwanda Bwana Nicola Bellomo

Iriya nkunga kandi izafasha ishami ry’Umuryango w’abibumbye rishinzwe ibiribwa ku isi kubona ibiribwa byo guha impunzi z’Abarundi kuko muri iki gihe hari amafaranga zahabwaga ariko zitagihabwa.

Umuyobozi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Rwanda Bwana Nicola Bellomo yagize ati: “Umuryango wacu ni uw’ibanze mu gufasha impunzi ziri mu Rwanda kandi dukorana na Leta y’u Rwanda mu kubonera ibisubizo ziriya mpunzi ndetse n’abimukira bacumbikiwe mu Rwanda.”

Avuga ko hari amasezerano bagiranye na Leta y’u Rwanda yo gukorana muri uru rwego yiswe Comprehensive Refugee Response Framework.

Uyobora Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa ku isi mu Rwanda witwa Edith Heines avuga ko ikigo ahagarariye kishimira inkunga batewe n’Abanyaburayi.

Heines avuga ko bizeye ko izafasha abayigenewe kubona ibiribwa bibafasha kubaho.

TAGGED:AmbasaderiBurundifeaturedImpunziMahama
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Abakozi 250 B’Uruganda Rw’Icyayi Rwa Pfunda ‘Bigaragambije’
Next Article Min Bamporiki Yihakanye Umukozi Umushinja Ubwambuzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?