Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuryango W’Ubumwe Bw’Uburayi Wahaye Impunzi Z’Abarundi Miliyoni 890 Frw
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umuryango W’Ubumwe Bw’Uburayi Wahaye Impunzi Z’Abarundi Miliyoni 890 Frw

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 May 2021 2:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni amafaranga agenewe impunzi z’Abarundi zifite imibereho mibi kurusha izindi ziba mu nkambi ya Mahama iri mu Karere ka Kirehe Mu Burasirazuba.

Inkunga bahawe iri mu rwego rwo gufasha impunzi bigaragara ko zibayeho nabi kurusha izindi ziri muri iriya nkambi.

Zagenewe amafaranga yose hamwe angana na miliyoni 54.5 €. Azakoreshwa mu bikorwa kandi byo kubafasha kwirinda ibiza no guhangana n’ibyorezo bishobora kwaduka igihe icyo aricyo cyose.

Ikindi ni uko ariya mafaranga agomba kuzitabazwa igihe cyose hari ahavutse icyatuma abaturage bava mu byabo harimo intambara n’ibindi.

Amafaranga y’ikiciro cya mbere twavuze haruguru yatanzwe ishami ry’Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi, mu Cyongereza ryitwa EU’s Civil Protection and Humanitarian Aid Operations.

Umuyobozi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Rwanda Bwana Nicola Bellomo

Iriya nkunga kandi izafasha ishami ry’Umuryango w’abibumbye rishinzwe ibiribwa ku isi kubona ibiribwa byo guha impunzi z’Abarundi kuko muri iki gihe hari amafaranga zahabwaga ariko zitagihabwa.

Umuyobozi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Rwanda Bwana Nicola Bellomo yagize ati: “Umuryango wacu ni uw’ibanze mu gufasha impunzi ziri mu Rwanda kandi dukorana na Leta y’u Rwanda mu kubonera ibisubizo ziriya mpunzi ndetse n’abimukira bacumbikiwe mu Rwanda.”

Avuga ko hari amasezerano bagiranye na Leta y’u Rwanda yo gukorana muri uru rwego yiswe Comprehensive Refugee Response Framework.

Uyobora Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa ku isi mu Rwanda witwa Edith Heines avuga ko ikigo ahagarariye kishimira inkunga batewe n’Abanyaburayi.

Heines avuga ko bizeye ko izafasha abayigenewe kubona ibiribwa bibafasha kubaho.

TAGGED:AmbasaderiBurundifeaturedImpunziMahama
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Abakozi 250 B’Uruganda Rw’Icyayi Rwa Pfunda ‘Bigaragambije’
Next Article Min Bamporiki Yihakanye Umukozi Umushinja Ubwambuzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?