Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umusaruro Mbumbe W’Abanyarwanda Uriyongera, Ibiribwa Bigahenda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Umusaruro Mbumbe W’Abanyarwanda Uriyongera, Ibiribwa Bigahenda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 September 2023 6:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare yatangajwe n’Ikigo k’ibarurishamibere ivuga ko muri rusange ubukungu bw’u Rwanda buzamuka kuko ugereranyije n’uko byari bihagaze mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka w’imari w’umwaka ushize, ubu bwazamutseho 6.3%.

Nk’uko bisanzwe, urwego rwa serivisi rwihariye igice kinini kuko ari 45%, ariko urwego rw’ubuhinzi cyane cyane ubw’ibihingwa ngangurarugo rwo ntirwigeze ruzamuka na gato kuko bwazamutse ku kigero cya 0.5%.

Umusaruro mbumbe urazamuka muri rusange ariko ubuhinzi bukadindira

N’ubwo ari uko bimeze, ibihingwa ngengabukungu byo byazamutseho 5% bitewe ahanini n’icyayi cyongereye umusaruro.

Icyayi cyareze cyane kinagurishwa hanze ariko ikawa irarumba.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’imari n’igenamigambi ushinzwe umutungo wa Leta Richard Tushabe avuga ko muri rusange ubukungu bw’u Rwanda buzamuka ariko urwego  rw’ubuhinzi bwo bugahura n’imbongamizi zishingiye ku mihindagurikire y’ikirere n’ibindi biva ku mirerere y’ibibazo biri ku isi.

Richard Tushabe ubwo yasobanuraga iby’uko ubukungu buhagaze

Avuga ko mu rwego rwo gufasha abahinzi b’ibihingwa ngangurarugo kugera ku musaruro ufatika, Leta iri gukorana n’abikorera kugira ngo higwe uko kuhira imyaka iteye ku buso bukomatanyije byakongerwamo  byakorwa henshi.

Imvura ngo ntigomba guhora ari yo soko yonyine yo kweza kw’abahinzi b’Abanyarwanda.

Ku rundi ruhande, Tushabe avuga ko Leta y’u Rwanda yashyizeho ‘Nkunganire’ ku bihingwa by’ibanze ari byo ibigori, ibirayi, isukari, umuceri n’ibindi.

Ubuhinzi bwazamutse ku kigero cya 27% n’aho inganda zizamukaho 20%.

Umusaruro mbumbe wose mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka w’imari ungana na miliyari Frw  3,970 mu gihe mu mwaka ushize mu gihe nk’iki wari miliyari Frw 3,282.

TAGGED:featuredIbiciroRwandaUbuhinziUmusaruro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abana B’Abanyarwanda Bazatozwa Na Bayern Bamenyekanye
Next Article Nyarugenge: Inkongi Yabahombeje Miliyoni Frw 43
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?