Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umusaruro W’Ibyo Ingabo Na Polisi Bagejeje Ku Baturage Urivugira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umusaruro W’Ibyo Ingabo Na Polisi Bagejeje Ku Baturage Urivugira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 June 2024 8:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda n’ubw’ingabo zarwo bwaraye bugejeje ku baturage ibyo  abapolisi n’ingabo z’u Rwanda bari bamaze amezi atatu babubakira. Birimo inzu, amarerero, amavomo n’ibindi.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye n’Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda General Mubarakh Muganga nibo bayoboye igikorwa cyo gutangiza icyo bise ukwezi kw’ibikorwa by’ingabo na Polisi mu baturage.

Ni nabo kandi baje kukigeza ku musozo, imbere y’abaturage n’ababayobora.

IGP Namuhoranye yari ari i Musanze n’aho Gen Muganga ari i Ngoma mu Burasirazuba bw’u Rwanda.

Mu mezi atatu abanziriza umunsi wo kwibohora, ingabo na Polisi bakoze binshi mu kuzamura imibereho y’abaturage.

Ibikorwa bakoze birimo ubuvuzi, kubungabunga ibidukikije, kubaka ibikorwaremezo, ubworozi, kubakira inzu imiryango itishoboye, kubaka ingo mbonezamikurire (ECD) no gutera inkunga amakoperative y’Imboni z’Impinduka.

Hubatswe ingo  15 z’imbonezamikurire zishyirwamo n’ibikoresho, inzu 31 zubakiwe imiryango itishoboye, ibiraro 13 mu rwego rwo kunoza imigenderanire n’ubuhahirane hagati y’abaturage, hatangwa amatungo agera kuri 800, abaturage bagezwaho amazi meza n’ubwato bwashyikirijwe amakoperative atwara abantu n’ibintu mu mazi.

Mu gihe cy’amezi atatu ibyo bikorwa bimaze, abarwayi bagera ku bihumbi 72 bahawe serivisi z’ubuvuzi ku buntu, barimo abarenga ibihumbi 12 babazwe, hanatangwa inkunga irenga miliyoni Frw 96 ku makoperative y’Imboni z’Impinduka.

Abitwa Imboni z’Impinduka ni urubyiruko rwanyuze mu bigo by’igororamuco rwibumbiye mu makoperative arufasha mu bikorwa byo kwiteza imbere, kwirinda gusubira mu ngeso mbi no kugira uruhare mu gukumira ibyaha.

Hatanzwe imodoka eshanu n’amapikipiki 25 ku mirenge n’utugari byahize abandi mu bikorwa by’indashyikirwa  mu mutekano, isuku no kurwanya imirire mibi.

Ingabo z’u Rwanda (RDF) na Polisi y’u Rwanda (RNP) bashimira abaturage uruhare n’ubufatanye bagaragaza mu bikorwa byo kubungabunga umutekano n’iterambere ry’u Rwanda.

Ibikorwa byakorewe mu gihugu hose mu gihe cy’amezi atatu ku bufatanye n’inzego z’ibanze, ku nsanganyamatsiko igira iti: “Imyaka 30 yo Kwibohora: Ubufatanye bw’Ingabo z’Igihugu, Inzego z’Umutekano n’Abaturage mu Iterambere ry’u Rwanda.”

IGP Namuhoranye yakoreye mu Karere ka Musanze
Gen Muganga yakoreye i Ngoma
TAGGED:AbaturagefeaturedIngaboPolisiRwandaUbufatanye
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Ya Koreya Ya Ruguru, Putin Yageze Muri Vietnam
Next Article Aho Tchad Yabikaga Intwaro Hahiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?