Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umusaza Habyarimana Joseph Wiswe ‘Hakiyamungu’ Yaratiye Min Gatabazi Ibyo Bagezeho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Umusaza Habyarimana Joseph Wiswe ‘Hakiyamungu’ Yaratiye Min Gatabazi Ibyo Bagezeho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 May 2021 4:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Joseph Habyarimana  utuye mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi wamenyekanye muri 2016 mu Nama y’igihugu y’Umushyirano ubwo yasetsaga u Rwanda rwose binyuze mu ijambo yagejeje ku bari bawitabiriye harimo na Perezida Paul Kagame, aracyariho ndetse arashima ko aho atuye bateye imbere kurusha muri 2016.

Mu ijambo yagejeje ku bashyitsi basuye Akarere ka Rusizi bayobowe na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Jean Marie Vianney Gatabazi, yavuze ko i Gikundamvura abaturage bateye imbere.

Yagize ati: “I  Gikundamvura ubu twabonye amashanyarazi.  Twaguze imashini zisya akawunga kandi turakanda ku gikuta amashanyarazi akaka.”

Uyu musaza yamenyekanye muri 2016 ubwo yatangaga igitekerezo cy’uburyo Perezida Kagame yatumye agace atuyemo gatera imbere.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Ubwo yaganirizaga abashyitsi bazanye na Minisitiri Gatabazi

Icyo gihe yavuze ko Gikundamvura bamaze igihe kirekire mu bujiji n’iterambere ricye k’uburyo babonye ‘katalepulari’( caterpillar) bagakuka umutima bagatumanaho ngo ‘muze murebe noneho ibibaye!’

Imvugo ye icyo gihe yasekeje abari muri Kigali Convention Center n’ahandi hose mu Rwanda bari bamukurikiye icyo gihe.

Icyo gihe yabwiye Umukuru w’igihugu n’abandi bari aho ko atuye mu Mudugudu wa Kamabuye, Akagari ka Kizura, Umurenge wa Gikundamvura muri Rusizi.

Kuri uyu wa Gatandatu nabwo yabwiye abashyitsi basuye aho atuye ko amajyambere bagezeho akomeje kuba mahire kandi ko noneho n’amashyanyarazi yaje bakaba bakanda ku gikuta amatara akaka.

Ikindi ngo ni uko ushatse gusesha amasaha abona icyuma kiyasya bityo ntabapfire ubusa.

- Advertisement -

 

TAGGED:AmashyarazifeaturedGatabaziHabyarimaJosephRusiziRwandaUmushyikirano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article REG Ishinja Abakozi Bayo Kuyiba
Next Article Hari Ikirunga Gituriye U Rwanda ‘Kiri Kuruka’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?