Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umusaza W’i Gisagara Yafatiwe Ku Rusumo Ahunga Igihano Cya Gacaca
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Umusaza W’i Gisagara Yafatiwe Ku Rusumo Ahunga Igihano Cya Gacaca

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 November 2024 10:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Uyu musaza yafatiwe ku Rusumo ashaka kujya muri Tanzania ngo akomeze muri Malawi.
SHARE

Nyuma yo gukatirwa n’Inkiko Gacaca agahunga,  umusaza witwa Harindintwari Niyongana Innocent w’imyaka 69 yafatiwe ku mupaka wa Rusumo mu Karere ka Kirehe asa n’uhungiye muri Tanzania.

Ubusanzwe akomoka mu Mudugudu wa Akarubumba, Akagari ka Rwamiko, Umurenge wa Muganza mu Karere ka Gisagara.

Amakuru avuga ko uyu mugabo yagize uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Harindintwari yagarutse mu Rwanda avuye muri Malawi aho yari umucuruzi guhera mu mwaka wa 2009.

Ubwo yatangaga amakuru ku byo yakoze muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yatanze amakuru bivugwa ko atari ukuri.

Hari mu mwaka wa 2006, icyo gihe Urukiko Gacaca rwo mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Gisagara rwamuhamije ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, rumukatira igifungo cy’imyaka 25.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Uburasirazuba ari naho Kirehe iherereye SP Hamdun Twizeyimana yabwiye Kigali Today ko uwo musaza hari amakuru yitanzeho yatumye ibye bikurikiranwa biramenyekana.

Twizeyimana ati: “Mu makuru yatanze we ubwe, yavuze ko yakatiwe na Gacaca ariko ahungutse aje mu gihugu avuye muri Malawi aho yakoreraga ubucuruzi nibwo yafashwe ashaka gusubira yo. Ubu inzego z’umutekano zamucumbikiye kuri sitasiyo ya RIB Kirehe kugira ngo azakurikiranwe kuri ibyo byaha”.

Mu mwaka wa 2006, Harindintwari nibwo yakatiwe n’inkiko Gacaca akomeza kwihishahisha aza kuva mu Rwanda mu mwaka wa 2009 abanza guca muri Tanzania akomereza muri Malawi.

Nyuma yo gukora Jenoside mu mwaka wa 1994, abenshi mu bayikoze bahungiye mu bihugu bitandukanye birimo ibyo mu Majyepfo y’Afurika harimo na Malawi.

U Rwanda rukora kuri Tanzania, nayo igakora kuri Malawi
TAGGED:GacacaHarindintwariJenosideUmusaza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Putin Ati: “ Trump Nampamagara Nzamwitaba”
Next Article Ibiganiro Birakomeje Hagati Y’Ingabo Za Uganda N’iza DRC Mu Kurandura ADF
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?