Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umushinga w’Imihanda Yihariye Ku Modoka Zitwara Abagenzi Muri Kigali Waheze He?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Umushinga w’Imihanda Yihariye Ku Modoka Zitwara Abagenzi Muri Kigali Waheze He?

admin
Last updated: 14 October 2021 11:18 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko hakomeje inyigo y’uburyo ibisate bimwe by’imihanda byagenerwa imodoka zitwara abagenzi benshi, nk’uburyo bwatuma abantu bayoboka uburyo bw’ingendo rusange, aho kuba buri wese yiringira imodoka ye bwite cyangwa moto.

Ni umushinga ariko umaze igihe, kuko byabanje gutangazwa ko guhera mu 2018 imodoka zitwara abagenzi zizajya zigenerwa imihanda yazo mu masaha abagenzi benshi bajya ku kazi cyangwa bataha.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwaje kongera kuvuga ko uwo mushinga uzatangira nyuma ya gahunda yo kwagura imihanda yakorwaga mu 2018.

Icyo gihe uwari Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Iterambere ry’Umujyi, Dr Nkurunziza Alphonse, yaje gutangariza kuri televiziyo y’igihugu ati “Icyo turimo dukora ubu gikomeye ni ikigendanye no kwagura imihanda, nimara kwaguka ejo bundi tuzakora icyo twita ‘dedicated bus lanes’, imihanda igenewe imodoka zitwara abagenzi.”

Kwagura imihanda byarasojwe, gahunda yo kugena inzira zihariye ku modoka z’abagenzi na n’ubu ziracyategerejwe.

Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe imiturire n’ibikorwaremezo Dr Merard Mpabwanamaguru, kuri uyu wa Gatatu yatangaje ko inyigo y’uburyo uriya mushinga uzaba uteye itararangira.

Dr Merdard Mpabwanamaguru

Ni umushinga ngo ukirimo gukorerwa inyigo ku bufatanye na Banki y’Isi, ukazakorwa mu byiciro bitatu.

Icyiciro cya mbere ni icyo kugena ahantu hihariye imodoka rusange zitwara abagenzi benshi zizajya zinyura mu buryo buhoraho, bitandukanye n’uko byatekerezwaga mbere. Ni igice kizwi nka DBL (Dedicated bus Lane).

Yakomeje ati “Dufite umuhanda dushaka kuzakoresha mu buryo bw’igerageza, uyu muhanda uturuka mu Mujyi wa Kigali rwagati ugana ku Kibuga cy’Indege i Kanombe, aho dushaka ko hari ibisate tuzafata hakubakwa ibikorwa remezo bifasha kugira ngo ibisate bimwe bicibwemo n’imodoka zitwara abantu benshi, mu buryo bwo kongerera imbaraga uburyo bwo gutwara abantu bwa rusange.”

Yavuze ko bizakoranwa n’umushinga wa kabiri wo kuvugurura ‘Nyabugogo Transit Hub’, hakubakwa gare igezweho, kugira ngo ibashe kwakira imodoka nyinshi kandi mu buryo zigeramo zihita zikomeza urugendo.

Yakomeje ati “Ikindi cya gatatu kiri muri uwo mushinga ni uburyo bwo kwigisha abakora mu bwikorezi rusange kugira ngo ibyo bikorwaremezo babikoreshe neza, bikagendana no guhugura abanyamujyi.”

Yavuze ko bifuza ko Kigali uba umujyi ugezweho mu bijyanye n’ikoranabuhanga mu nzego nyinshi, bikaba ari urugendo rugomba gukorwa mu gihe kirekire.

Muri ubwo buryo ngo umuntu azaba ashobora kugera ku cyapa ategeraho imodoka azi ko iri mu nzira, imyanya irimo, akagenda atekanye kandi ku gihe.

Dr Mpabwanamaguru yatangaje ko inyigo nirangira ariyo izagaragaza ingengo y’imari izakenerwa, kandi Banki y’Isi yemeye gutera inkunga uwo mushinga.

Magingo aya kandi harimo gukorwa inyingo ku mushinga wa Cable cars.

Ni umushinga na wo umaze igihe utekerezwa, witezweho kunganira uburyo busanzwe bw’ingendo hifashishijwe utumodoka tunyura ku migozi. Ni igikorwa kizafasha no mu bijyanye n’ubukerarugendo.

Muri Gicurasi, 2021 Minisitiri w’Ibikorwa remezo Gatete Claver yagiranye ibiganiro n’abashoramari b’Abafaransa, bagaragaje ubushake bwo gushora amafaranga mu kubaka umushinga wa Cable Cars.

Icyo gihe yatangaje ko ibiganiro byibanze ku buryo umushinga washyirwa mu bikorwa, uburyo bwo kuwubungabunga no gucunga ibikorwa remezo turiya tumodoka twifashisha.

TAGGED:featuredImihandaKigaliMpabwanamaguruUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuturage Afite Ubwoba Ko Guma Mu Rugo ‘Ishobora’ Kugaruka
Next Article Yishe Abantu Batanu Akoresheje Imyambi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?