Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umusirikare Urinda Perezida Wa Ukraine Yarashe Bagenzi Be
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umusirikare Urinda Perezida Wa Ukraine Yarashe Bagenzi Be

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 January 2022 10:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu muri Ukraine yatangaje ko umwe mu basirikare barinda Perezida wa Ukraine yarashe bagenzi be yicamo batanu, akomeretsa abandi batanu ahita acika.

Uriya musirikare yishe bagenzi be akoresheje imbunda ya AK 47 .

Itangazo rya Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu muri Ukraine ivuga ko uriya musirikare afite imyaka 21 y’amavuko.

Yabishe abasanze mu ruganda rwa Ukraine rukorerwamo ibisasa biremereye ruri ahitwa Ioujmach de Dnipro rwagati mu gihugu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubu bwicanyi bubaye mu gihe umubano wa Ukraine n’u Burusiya utifashe neza.

Ntiwifashe neza k’uburyo isi ifite impungenge ko igihe icyo ari cyo cyose intambara ishobora kurota.

Umuyobozi mukuru w’abasirikare barinda Perezida wa Ukraine yageze ahabereye buriya bwicanyi, kandi hatangijwe ibikorwa byo gushakisha uriya musirikare ngo ashyikirizwe ubutabera.

Le Parien yanditse ko uwarashe bagenzi be yabikoze amaze gufata imbunda ye kugira ngo ajye ku burinzi.
Ntiharamenyekana icyabimuteye.

Itangazamakuru ryo muri kiriya gihugu rivuga ko atari ubwa mbere ubwicanyi nka buriya buba muri Ukraine, akenshi bigaterwa n’ikinyabupfura gike mu basirikare hagati yabo.

- Advertisement -

Bamwe bahitamo kurasa bagenzi babo, abandi bakiyahura kuko baba banga gukomeza gufatwa nabi n’abayobozi babo.

TAGGED:BurusiyaIgihuguUkraineUmukuruUmusirikare
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ni Nk’Isinagogi- Umuraperi Riderman
Next Article Umugore Ukekwaho Uruhare Mu Rupfu Rwa Akeza Yagejejwe Imbere Y’Ubutabera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?