Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umutekano W’u Rwanda Ntureba Abawushinzwe Gusa-IGP Namuhoranye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umutekano W’u Rwanda Ntureba Abawushinzwe Gusa-IGP Namuhoranye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 June 2023 9:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yaganiraga n’urubyiruko rw’abakorerabushake ruhagarariye urundi, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye yarubwiye ko kumva ko umutekano w’u Rwanda ari inshingano z’abashinzwe kuwurinda gusa, byaba ari ukwibeshya.

Ngo urubyiruko rugomba  guhora ruzirikana ko umusanzu warwo ari ngombwa mu guharanira umutekano n’iterambere by’igihugu.

IGP Namuhoranye  yababwiye  ko bakwiye gukomeza kumva no gusobanukirwa ko umutekano w’igihugu  utareba inzego z’umutekano ziwushinzwe gusa ahubwo ko nabo bakwiye gukomeza gushyiraho akabo

Ati: “Umutekano ntabwo upfa kwizana uraharanirwa kandi ntureba abo mu nzego z’umutekano gusa, ahubwo ureba buri wese. Ni yo mpamvu mugomba kuzirikana ko uruhare rwanyu rukenewe igihe cyose kugira ngo urusheho kubumbatirwa.”

Yakomeje abibutsa ko bagomba kuwugiramo uruhare rugaragara bakomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha, bikagaragarira mu bikorwa bakora ku bushake.

Ngo biri mu bizabafasha kubona amahirwe yo kubaho neza ejo hazaza.

IGP Namuhoranye yakomeje ababwira ko kandi ibikorwa byiza bakora ari nabyo bizatuma n’abandi bifuza kwinjira mu muryango wabo.

Avuga ko ari ishema kuba bamwe mu bagize urubyiruko rw’abakorerabushake basenyera umugozi umwe kandi bagaharanira ko izina ryabo rikwira hose,.

Yabashishikarije guhora barangwa n’ubufatanye no guhana amakuru n’inzego zitandukanye za Leta mu rwego rwo gukumira ibyaha.

Ni akazi bagomba gukorera  haba aho batuye n’ahandi hose kugira ngo umuryango nyarwanda urusheho gutekana.

Umuyobozi wa Polisi yashimye urubyiruko ku kamaro rugira mu gufasha Polisi mu kazi kayo kuko bituma koroha.

IGP Namuhoranye yari arimo aganiriza abasore n’inkumi 532 bo muri komite z’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha.

Baturutse ku rwego rw’igihugu kugera k’urwego rw’Umurenge.

Uru rubyiruko rwaturutse mu gihugu hose  aho imirenge yose uko ari 416 yari ihagarariwe, hiyongereyeho n’abaturutse muri za Kaminuza zikorera mu Rwanda.

Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha, ni itsinda ry’urubyiruko ryashinzwe mu mwaka wa 2013.

Rukora ibikorwa by’ubukorerabushake birimo gukumira no kurwanya ibyaha mu bufatanye na Polisi y’u Rwanda n’inzego z’ibanze n’ibindi bikorwa bigamije iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage.

TAGGED:AbakorerabushakefeaturedIbyahaNamuhoranyePolisiUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Tunisia Yongeye Kwanga Ko Abirabura Binjira Mu Gihugu Cye
Next Article Kagame Yavuze Intego u Rwanda Ruhuje Na Seychelles
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Abageni Bwari Bucye Basezerana Bakubiswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?