Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuti Wa Mbere Urinda Abageze Mu Zabukuru Indwara Yo Kwibagirwa Wakozwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi Rusange

Umuti Wa Mbere Urinda Abageze Mu Zabukuru Indwara Yo Kwibagirwa Wakozwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 June 2021 8:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abantu bakuru  bafite guhera ku myaka 75 kuzamura bakunze kugira ikibazo cyo kwibagirwa.Ubu muri Amerika hakozwe umuti wa mbere urinda ko uturemangingo nyabwonko dushinzwe kubika amakuru mu gihe kirekire twangirika.

Abasoma Taarifa bazi neza ko hari ubwo abantu bakuru babigirwa cyane kugeza n’ubwo bibagirwa amazina y’abo babana.

Umuti wakozwe n’ikigo gikora imiti cyo muri Amerika kitwa Biogen cyakoze umuti uhabwa abasaza cyangwa abakecuru ukarinda ko protein yitwa amyloid  yangiza igice cy’ubwonko gishinzwe kwibuka, umuntu akazageza ubwo yibagirwa byinshi harimo nawe ubwe.

Umuti wakozwe bawise aducanumab kandi kugeza ubu Ikigo cy’Amerika gishinzwe imiti kitwa US Food and Drug Administration (FDA) cyemeza ko uriya muti ufite akamaro.

Kugeza ubu hari Abongereza 100 000 bitaguye kuzahabwa uriya muti nuramuka wemejwe n’ikigo cyabo gishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro.

Muri Amerika hari abaturage 3000 bawuhawe kandi ibizami byakozwe nyuma byerekanye ko hari akamaro wagize

Ku rundi ruhande ariko, hari abahanga basaba abantu kwirinda gutangira kubyinira ku rukoma kuko uriya muti utarageragerezwa ku bageze mu zabukuru bo mu bihugu n’amoko atandukanye kugira ngo harebwe niba ari ingirakamaro kuri bose kandi ku rugero rumwe.

Hari ibyuma bishinzwe gupima uko ubwonko bw’abantu busaza

Protein yitwa Amyloid niyo ituma  mu bwonko hazamo ibibazo bituma umuntu ukuze cyane atabsaha kwibuka no gutekereza mu buryo busanzwe, ahubwo bigakora gake.

Iteza kandi ibibazo butuma umuntu ukuze atavuga neza, akavuga arandaga.

Hari umuhanga mu mikorere y’ubwonko wabwiye BBC ko n’ubwo buriya bushakashatsi ari ingirakamaro, ariko buri bukome mu nkokora umuhati wari umaze igihe kirekire ushyirwaho n’abahanga ngo babanze basobanukirwe neza inzira bicamo kugira ngo ubwonko bw’umuntu busaze kugeza ubwo bwibagirwa n’amazina ya nyirabwo.

Dr Robert Howard avuga ko abahanga bagombye gukorana hagati y’abahanga ari ingenzi kugira ngo hatazagira abatambamira abandi mu rugamba rwo kumenya ibyihishe inyuma yo gusaza no kwibagirwa k’ubwonko bwa muntu.

Indwara itera abantu kwibagirwa bayita  Alzheimer.

TAGGED:AbagezeAmerikafeaturedIndwaraIzabukuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dosiye Ya Karasira Yagejejwe Mu Bushinjacyaha
Next Article Umunyarwanda Yiciwe Urw’Agashinyaguro Muri Uganda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?