Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umutoza W’Amavubi Ashobora Kongererwa Amasezerano Y’Akazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Umutoza W’Amavubi Ashobora Kongererwa Amasezerano Y’Akazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 November 2024 3:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umudage Frank Trosten Spittler ahabwa amanota meza mu mitoreze ye
SHARE

Mu buryo busa n’ubuca amarenga y’uko umutoza w’Amavubi ashobora kongererwa amasezerano yo kuyatoza, ubuyobozi bwa FERWAFA bwavuze ko hari ibiganiro biri kuba hagati y’impande zombi.

Umudage Frank Trosten Spittler ahabwa amanota meza mu mitoreze ye.

Kuri uyu wa Kane taliki ya 07, Ugushyingo 2024, Perezida wa FERWAFA, Munyantwali Alphonse yavuze ko nyuma y’ibiganiro na Spittler, abaturage bazamenyeshwa icyavuyemo.

Avuga ko mu kongerera amasezerano umutoza w’Amavubi hazarebwa umusaruro yatanze hashingiwe ku gihe amaze ayatoza.

Nawe[Spittler] agaragara nk’ushaka gukomeza uwo murimo ariko akanenga  bamwe mu banyamakuru bamutobera, akavuga ko bituma abakoresha be babona ko umusaruro atanga udafatika.

Ugendeye ku miterere y’amasezerano asanzwe hagati ye n’abamuhaye akazi, ubona ko umurimo we wo gutoza uzarangirana n’Ukuboza, 2024.

Alphonse Munyantwali, Perezida wa FERWAFA

Gusa ibyavuye mu mitoreze ye bigaragaza umusaruro kuko ikipe atoza yatumye u Rwanda ruyobora itsinda A mu gushaka itike yo kujya mu gikombe cy’isi.

Imibare igaragaza kandi ko no kubona itike yo kujya mu gikombe cya Afurika 2025 bishoboka igihe cyose Amavubi yatsinda imikino asigaje.

Ariko kandi, birasaba ko ikipe ya Bénin yatsindwa umwe muri ibiri  igomba gukina.

Uretse ibi kandi, Amavubi arashaka n’itike yo kujya mu gikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu bihugu byabo mu irushanwa ryitwa CHAN rizakinirwa muri Uganda, Kenya na Tanzania mu mwaka utaha.

Bimwe mu byo itangazamakuru rikunze kunenga Frank Spittler ni uko adaha umwanya abakinnyi bakuru nka Hakizimana Muhadjiri, Hakim Sahabo, Byiringiro Lague na Rafaël York ngo bakine kenshi cyangwa babanze mu kibuga.

Bamwe muri aba bakinnyi barimo na Sahabo Hakim banengwa kudakinana na bagenzi babo ngo babasangize umupira bityo umukino ube uwa rusange mu ikipe kandi ibi bibishya imikine y’ikipe.

Muri Nzeri, 2024 Frank Spittler yavuze ko azasezera ku mwuga wo gutoza nyuma y’uko amasezerano y’umwaka afite yo gutoza Amavubi azaba arangiye.

Icyo gihe yabwiye itangazamakuru ati: “Ubwo nageraga hano bambajije igihe nifuza kuhamara, mvuga ko nifuza kuhaguma umwaka umwe kuko nyuma nzasezera ku gutoza, inkweto zanjye ziri gusaza”.

Tariki ya 1, Ugushyingo 2023 nibwo yatangiye gutoza Amavubi.

TAGGED:AmavubiIgikombeIkipeIrushanwaSpittlerUmutoza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yagarutse Ku Kamaro Ka BDF Mu Kuzamura Imishinga Y’Urubyiruko
Next Article Nta Murwayi Wa Marburg Ukiri Mu Rwanda-Minisanté
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?