Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umutungo Wa Umwalimu SACCO Wiyongereyeho Miliyari 11 Mu Mwaka Umwe 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Umutungo Wa Umwalimu SACCO Wiyongereyeho Miliyari 11 Mu Mwaka Umwe 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 April 2025 11:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwambaje Laurence uyobora Umwalimu SACCO avuga ko imicungire iboneye y’iyi kigega cyo kuzihamira no kuguriza abarimu yatumye umutungo wacyo uzamukaho Miliyari 11 mu mwaka umwe.

Mu mwaka wa 2024 wari Miliyari Frw 239, ubu urabarirwa Miliyari 250 ni ukuvuga inyongera ya Miliyari 11.

Umuyobozi Mukuru wa Umwalimu SACCO yasobanuye ko izo miliyari 250 Frw zikubiyemo Miliyari Frw 75 z’ubwizigame bw’abanyamuryago, Miliyari Frw 62 z’urwunguko rwo kuva iyo koperative yashingwa na Miliyari Frw 26 z’inkunga ya Perezida Paul Kagame n’andi yavuye ahandi.

Uwambaje yasobanuye ati: “Aha mbere ayo mafaranga aherereye ni mu banyamuryango kuko bafite Miliyari Frw 200 nk’inguzanyo zitarishyurwa, izindi Miliyari Frw 40 ni zo tubitse nk’amafaranga ariko tuyabika mu yandi mabanki atwungukira akabyara inyungu mu gihe abanyamuryango batarayafata. Andi ari mu bikoresho dukoresha bitimukanwa bigera kuri miliyari y’amafaranga y’u Rwanda.”

Yasobanuye ko n’ubwo iyo koperative iri kwiyubaka, yiyubaka mu buryo bugaragara ariko itaragera ku bushobozi bwo gutanga inguzanyo nini idafite ingwate nk’uko abanyamuryango bayo bamaze igihe babisaba.

Mu mikorere ya Umwalimu SACCO habamo gutanga inguzanyo zisaba ingwate n’izitayisaba.

Hari kandi inguzanyo gitanga itagira ingwate ariko itarenga Miliyoni Frw 3.5 ndetse n’indi irengeje Miliyoni Frw 3.5 bitewe n’umushahara w’uyisaba ariko yo ikishyurwa mu myaka itanu kandi ikagira ingwate.

Iyo nguzanyo idasaba ingwate ni yo abanyamuryango ba Umwalimu SACCO basabaga ko yakwiyongera ikagera kuri Miliyoni Frw 5 ariko ubuyobozi bw’iyo Koperative bukagaragaza ko hagishakwa amikoro yo kugira ngo ibyo bishoboke.

Umuyobozi wa Umwalimu SACCO ati: “Amafaranga uyu munsi dufite atugaragagariza ko dutanze ya nguzanyo ya miliyoni Frw 5 itagira ingwate bari gusaba byadusaba andi mafaranga menshi cyane tudafite uyu munsi. Abanyamuryango bashobora kubona iriya nguzanyo dushingiye ku mushahara wabo ni ibihumbi Frw 22. Twasanze tubahaye iyo nguzanyo byadusaba Miliyari Frw 76”.

Avuga ko bakurikije uburyo abanyamuryango babo bitabira gufata iyo inguzanyo baramutse bayizamuye bose baza kuyifata ku buryo bishobora gutera ikibazo cy’ibura ry’amafaranga y’ubwizigame bw’abanyamuryango kandi baba babukeneye igihe cyose.

Ibyo byatumye iyo nguzanyo batayizamura kuko ubundi buryo amabanki y’ubucuruzi akoresha bwo kwaka inguzanyo ngo ibone ayo iguriza abakiliya muri Banki Nkuru amakoperative y’ibigo by’imari yo atabwemerewe.

Gusa ngo bari kuganira na Banki y’Amajyambere y’u Rwanda ngo barebe ko yabafasha kubona ubwo ubushobozi.

TAGGED:featuredSACCOUmwalimu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Imirwano Irakomeje Hatitawe Ku Biganiro By’Amahoro
Next Article Embaló Uyobora Guinea Yagarutse Kuganira N’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Umugore Yafatanywe Amakarito Ya Liquors Zitujuje Ubuziranenge

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Hari Icyo Abana Basaba Abayobozi Bakuru B’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?