Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuturage Afite Ubwoba Ko Guma Mu Rugo ‘Ishobora’ Kugaruka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umuturage Afite Ubwoba Ko Guma Mu Rugo ‘Ishobora’ Kugaruka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 October 2021 10:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

N’ubwo Leta y’u Rwanda ikomeje koroshya ingamba zari zarakajijwe mu mezi yashize mu rwego rwo kwirinda COVID-19, umwe mu batuye Umurenge wa Masaka avuga ko abantu batitonze bashobora kongera kanduzanya kiriya cyorezo bigatuma Leta yafata ingamba zikomeye zishobora no kugira abo zisubiza muri Guma mu Rugo.

Yabivuze ubwo yagiraga icyo avuga ku bukangurambaga bwatangijwe n’Akarere ka Kicukiro bukozwe n’Inama Y’Igihugu y’abagore muri kariya karere.

Bugamije gushishikariza abaturage kwibuka ko kiriya cyorezo kigihari kandi ko n’ubwo abantu bari gukingirwa ari benshi, bitabuza ko hari abo COVID-19 ihitana.

Bwabereye mu isoko ry’i Kabuga ahitwa mu Gahoromani n’ahandi hitwa mu Biryogo bya Kabuga.

Abacururiza muri ririya soko bibukijwe ko guhana intera, gukaraba intoki, kwambara neza agapfukamunwa no gukurikiza amabwiriza yo kugera mu ngo ari ingenzi kuko birinda ubuzima.

Umuhuzabikorwa w’Inama y’igihugu y’abagore mu Karere ka Kicukiro witwa Umuhire Christiane avuga COVID-19 ari indwara umuntu ashobora kwandura igihe icyo ari cyose n’aho ari hose bityo ko abantu bagomba kuyirinda uko  bashoboye kose.

Umuhire Christiane

Ati: “ Tugomba kwirinda iki cyorezo mu buzima bwacu bwa buri munsi. Buri wese agomba kujya yibutsa mugenzi we kwirinda kiriya cyorezo kandi akamubwira ko ubuzima bwe bufite agaciro kanini.”

Abaturage bari baje kumva ubutumwa bwo kwirinda kiriya cyorezo babwiye itangazamakuru ko mu rwego rwo kwirinda ko hari ingamba zikomeye zakongera gufatwa harimo n’uko hari ibice runaka bishobora gushyirwa muri Guma mu Rugo, ari ngombwa kubahiriza ingamba zo kucyirinda.

Uwitwa Mutamuriza avuga ko muri rusange abaturage bamenye ko kiriya cyorezo kica ariko ngo hari bamwe bashobora kudohoka ku ngamba zo kucyirinda bityo kubibutsa bikaba ari ngombwa.

Uyu mukobwa usanzwe ukora mu cyumba batunganyirizamo imisatsi avuga ko aho bakorera birinda ko ari umukiliya watandukira ziriya ngamba.

Ati: “ Dukora akazi mu buryo butuma nta muntu muri twe waba intandaro yo kwanduza undi kiriya cyorezo.”

Abacururiza muri ariya masoko n’abahaturiye bari bitabiriye ari benshi. Bari biganjemo abanyonzi, abamotari, abacuruzi  n’abakora mu nzego z’ubuzima n’abo mu nzego z’umutekano.

Insanganyatsiko yagira iti: “ Mutimawurugo n’inkomezamihigo, Guma ku ruhembe rwo kwirinda no gukangurira abandi kwirinda icyorezo cya Covid -19”

Bari biganjemo abanyonzi, abamotari, abacuruzi n’abakora mu nzego z’ubuzima n’abo mu nzego z’umutekano.

Ubukangurambaga bwatangijwe muri uriya murenge buri gukorwa mu gihe mu Mujyi wa Kigali hari gukorwa ubundi bukangurambaga uyu mujyi ufatanyijemo na Polisi y’u Rwanda bugamije kureba agace kawo kazitwara neza mu gukumira kiriya cyorezo kakabihemberwa.

Akarere ka Kicukiro kagizwe n’imirenge 10, ituwe n’abaturage 318,564 batuye ku buso bwa kilometero kare 166.7.

Imirenge 10 ya Kicukiro igizwe n’utugari 41, natwo tugizwe n’imidugudu 327.

TAGGED:AbaturageCOVID-19featuredIsokoKicukiroMasaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yahaye Imbabazi Dr. Habumuremyi, Ashyiraho Abayobozi Bashya
Next Article Umushinga w’Imihanda Yihariye Ku Modoka Zitwara Abagenzi Muri Kigali Waheze He?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?