Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 September 2025 2:55 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ubwo Polisi yamutaga muri yombi. Ifoto: Kaptanka
SHARE

Elimelech Stern w’imyaka 22 akurikiranyweho n’urukiko rw’i Yeruzalemu rwitwa  Jerusalem District Court kubera kuregwa kunekera Iran bikozwe n’umugore witwa Anna wamuhembaga amafaranga mu buryo bw’ikoranabuhanga rya cryptocurrency.

Ukekwaho ibi bikorwa by’ubutasi asanzwe ari umunyeshuri w’ahitwa Beit Shemesh akaba mu muryango w’Abayahudi b’abanyedini bitwa Vizhnitz Hassidic.

Ubushinjacyaha buvuga ko yakoranaga n’umukozi wa Iran mu nzego z’umutekano bise Anna baganiraga ku rubuga nkoranyambaga ruri mu zirindirwa amabanga kurusha izindi rwitwa Telegram.

Umukoresha we yamuhaga amabwiriza, undi yayashyira mu bikorwa agahembwa amafaranga atatangajwe ingano.

Elimelech Stern avugwaho kandi kwinjiza abandi bantu babiri muri ibyo bikorwa.

Mu kugaragariza urukiko ko ibyo buvuga bifite ishingiro, ubushinjacyaha buvuga ko hari ifoto bufite Stern yashushanyije iriho ikiganza kirimo amaraso munsi yacyo handitseho ko abana bapfira muri Gaza ari inzirakarengane kandi ko amateka atazabyibagirwa.

Stern amaze gukora iyo foto, yayoherereje undi muntu yari yaramaze kwinjiza muri uwo mukino, uwo nawe ayoherereza Anna, hanyuma uyu arishyura.

Hari undi muntu Stern yategetse ko ajya mu Majyaruguru ya Israel kuhatora Telefoni yari yoherejwe na Anna, urundi rugero rutangwa n’ubushinjacyaha rukaba urw’ikindi gihe undi muntu Stern yari yahaye ikiraka yajyaga i Yeruzalemu n’i Tel Aviv kwakira amafaranga yari yoherejwe na Anna.

Icyakora ubwo Anna yamusabaga koherereza indabo ziherekejwe n’icyuma gityaye Ambasaderi wa Israel mu kigo mpuzamahanga gishinzwe iby’ingufu za Atomike witwa Ronen Shaul, yarabyanze, avuga ko byo ‘byamukoraho’.

Ubwo yabazwaga icyo avuga ku byo aregwa, yasubije ko atari azi ko yakoranaga na Maneko wa Iran, ahubwo akemeza ko ibyo yakoze yabikoraga abivanye ku mutima kuko yumvaga bikwiye.

Yasabye urukiko kumurekura kuko uburyo yabajijwemo n’ubugenzacyaha butari bukurikije amategeko, ikintu bwo buhakana.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu musore yari azi neza uwo bakoranaga ndetse ko hari n’aho mu ibazwa rye yabyemeye.

Ku ruhande ariko, busaba urukiko ko rwazita k’ukuba yarorohereje ubutabera ubwo yabazwaga ntagorane mu gutanga amakuru.

Ubushinjacyaha, ariko nanone, buvuga ko buzakomeza gukurikirana uwo ari we wese uzashaka gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage ba Israel akurikiye indonke cyangwa abikoze mu bundi buryo.

TAGGED:featuredIranIsraelKunekaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?