Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umutwe Wa Polisi Utabara Aho Rukomeye Ukora Ute?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Umutwe Wa Polisi Utabara Aho Rukomeye Ukora Ute?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 February 2022 11:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza aherutse gusura abapolisi bagize Umutwe udasanzwe wa Polisi y’u Rwanda. Ikigo cyabo gikorera mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo.

Ubwo yabasuraga, IGP Dan Munyuza yabibukije ko bafite inshingano zihariye zituma bitababwa aho rukomeye bityo ko bagomba guhora bitoza haba mu buryo bw’umubiri no kwihugura kugira ngo ingingo zabo n’ubwonko bwabo bihore bityaye.

Ariko se ubundi uyu mutwe w’abapolisi bihariye ukora ute?

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera avuga ko umutwe wihariye wa Polisi y’u Rwanda wo gutabara aho rukomeye( Special Intervention Force (SIF), ari umwe mu mitwe yihariye ya Polisi y’u Rwanda.

Iyi mitwe mu Cyongereza bayita Specialized Units.

Ni umutwe w’abapolisi bahabwa amahugurwa yihariye kandi yinyongera kuyo abapolisi muri rusange bahabwa nyuma  y’amahugurwa y’ibanze y’abapolisi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera

CP Kabera avuga ko kuwujyamo bisaba ko umuntu aba yararangije amahugurwa y’ibanze kandi yagaragaje ubushobozi bw’ikirenga mu rwego rw’umubiri no mu mutwe k’uburyo mu butabazi akora ‘ahangana  n’ibibazo bihari ukoresheje intwaro cyangwa utayifite.’

Ikindi kibaranga ni uko bambara impuzankano yihariye, ifite ubururu bwijimye kandi amashati yabo aba ariho imifuka iriho imashini mu gituza.

Amashati yabo aba afite imifuka ifungishwa imashini

Abagize uyu mutwe wihariye wa Polisi y’u Rwanda barimo abagore n’abagabo kandi ngo ukorera hirya no hino mu Rwanda.

Iyo bibaye ngombwa boherezwa no hanze y’u Rwanda mu kazi.

Uyu mutwe wihariye wa Polisi y’u Rwanda uyoborwa na Assistant Commissioner of Police( ACP) Bertin Mutezintare.

Ubwo aba bapolisi basurwaga n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza yabibukije akamaro ko gukomeza kuba inyangamugayo no gukora mu nyungu z’Abanyarwanda bakirinda ruswa cyangwa ikindi cyateza umugabo Polisi  n’u Rwanda muri rusange.

IGP Munyuza aganiriza bariya bapolisi

Icyo gihe yarababwiye ati: “Mbere na mbere mushyire imbere inyungu z’igihugu aho kuzishyira ku muntu ku giti cye. Murangwe n’ikinyabupfura, kwihesha agaciro no kwihangana, mwirinde ibikorwa bibi by’umwihariko ruswa kuko igira ingaruka mbi ku nzego zose z’igihugu haba mu bukungu n’umutekano.”

IGP Munyuza yababwiye ko ari yo mpamvu muri Polisi y’u Rwanda nta kubabarira uwo ruswa yagaragayeho.

TAGGED:featuredKaberaMunyuzaMutezintarePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impamvu Hari Abatitabira Ubwizigame Bwa ‘Ejo Heza’
Next Article Umusizi Innocent Bahati Ntakiba Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?