Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuvugizi Wa Biden Yavuze Ko Amerika Yahaye u Rwanda Miliyoni $11 Zo Kurwanya Marburg
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Umuvugizi Wa Biden Yavuze Ko Amerika Yahaye u Rwanda Miliyoni $11 Zo Kurwanya Marburg

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 October 2024 10:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Karine Jean-Pierre
SHARE

Karine Jean-Pierre uvugira Ibiro bya Perezida w’Amerika yatangaje ko Amerika yahaye u Rwanda miliyoni $11 ni ukuvuga arenga miliyari Frw 12 ngo ruyakoreshe mu guhangana na Marburg.

Amerika iri no gufasha u Rwanda mu byerekeye inkingo kuko ikigo cyayo gikora urukingo rwitwa Sabin Vaccine kimaze kuruha inkingo 1400 mu minsi mike ikurikiranye.

Karine Jean-Pierre yavuze ko “ubutegetsi bwa Biden na Harris buri gukorana” bya hafi na Leta y’u Rwanda mu kurangiza iki cyorezo vuba bishoboka.

Mu mpera za Nzeri, 2024 nibwo Minisiteri y’ubuzima yatangaje ko mu Rwanda hageze icyorezo cya Marburg, kikaba ari ubwa mbere kihavuzwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Amakuru yatangajwe kuri uyu wa Mbere taliki 07, Ukwakira, 2024 yavugaga ko kugeza ubu abantu 56 ari bo bamaze kucyandura, abagikize ubu ni umunani(8), kica abagera kuri 12 naho abarenga 2,000 bamaze kugipimwa bishingiye ku makuru y’uko bahuye n’abacyanduye.

Iyi ndwara yibasiye cyane abakora mu buvuzi kuko n’ubusanzwe ari bo bahura kenshi n’abarwayi.

Ikigera mu Rwanda bamwe mu baganga bayitiranyije na malaria kuko usanga bihuje ibimenyetso.

Birashoboka cyane ko ari yo mpamvu abenshi mubo yahitanye ari abaganga bitaga ku bagaragazaga ibimenyetso bisa n’ibya malaria kandi ari iby’indwara mbi ya Marburg.

Iyi virusi, OMS/WHO ivuga ko ishobora kwica abayirwaye ku rugero ruri hejuru ya 80%.

- Advertisement -

Muri cya kiganiro twavuze Karine Jean-Pierre yahaye abanyamakuru, yavuze ko mu bihe bya COVID-19 byagaragaye ko iyo ibibazo by’icyorezo byadutse aho ari ho hose ku isi, biba byiza ko bihagurukirwa mu maguru mashya.

Impamvu ni uko biba byugarije buri wese ku isi.

Ati: “Kuva tumenye iby’iki cyorezo, Leta Zunze Ubumwe ziyemeje gutanga hafi miliyoni 11 z’amadolari yo kubona ibikenewe byihutirwa mu rwego rw’ubuzima mu Rwanda n’ibihugu birukikije”.

BBC yanditse ko Karine yunzemo ko “nubwo nta rukingo cyangwa imiti by’iyi virusi biremezwa n’urwego rwa Amerika rugenzura ibiribwa n’imiti, Amerika yatanze inkingo ziri mu igerageza, zageze mu Rwanda mu mpera z’icyumweru, icyumweru kimwe [nyuma yuko] tumenye iby’iki cyorezo”.

Amerika yahaye u Rwanda doze 1400( iza mbere zari 700 n’izindi nkazo zaraye zigeze mu Rwanda) z’urukingo rwa Marburg rukiri kugeragezwa.

Iza mbere zatewe Abanyarwanda ku Cyumweru haherewe ku baganga n’abakozi bo kwa muganga.

U Rwanda kandi ruvuga ko rurimo gukoresha imiti ya ‘Remdesivir’ na ‘Monoclonal antibodies’ “mu gufasha abarwayi” b’iyi virusi.

Virusi ya Marburg iriho ubu ntabwo iravugwa hanze y’u Rwanda, kandi u Rwanda ruvuga ko rurimo gukora iperereza mu kumenya aho yaturutse.

TAGGED:AbanyarwandaAmerikafeaturedInkingoJeanKarinePierreRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gucuruzanya Muri Afurika Byakumira Intambara- Minisitiri Sebahizi
Next Article Kwita Abana B’Ingagi Amazina Byasubitswe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?