Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuvundo Wakurikiye Umukino W’Umupira W’Amaguru Waguyemo Abantu 174
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Umuvundo Wakurikiye Umukino W’Umupira W’Amaguru Waguyemo Abantu 174

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 October 2022 12:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Indonesia  bari mu marira menshi nyuma y’urupfu rw’abantu 174 bazize imidugararo yakurikiye umukino wabereye ku kibuga cy’umupira w’amaguru kiri mu Kirwa cya Java.

Abafana b’ikipe yitwa Arema FC basimbukiye mu kibuga nyuma y’uko itsinzwe n’iyitwa Persebaya Surabaya ibitego 3-2 abantu barakandagirana bamwe barapfa abandi barenga 100 barakomereka.

Uyu mukino uri mu ya mbere yakurikiwe na rwaserera zahitanye abantu benshi mu mateka y’umupira w’amaguru.

Abahanga mu mateka y’isi ya kera bavuga umupira w’amaguru watangiye gukinwa bwa mbere mu mateka y’abantu mu Bushinwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyo gihe bwayoborwaga n’abami bo mu bwoko bw’aba Han.

Nyuma waje kwaguka ugera n’ahandi harimo muri Roma ya ndetse no mu Bwongereza, ari n’aho bivugwa ko amategeko agenga umupira w’amaguru ku isi muri iki gihe yandikiwe neza ahabwa umurongo.

Ibyaraye bibereye muri Indonesia byo rero byabaye interagahinda kubera ko ibyari ibyishimo by’uko ikipe yatsinze byaje kuvamo imiborogo n’agahinda ubwo abafana b’iyatinzwe bamanukaga mu kibuga kugira ngo bakubite abakinnyi.

Bidatinze abafana b’ikipe yatsinze nabo bahise bamanuka, ruba rurambikanye.

Ukubise undi umutego, agahita amukandagira mu nda cyangwa mu gituza, umutima ukagwa imbere, uwo bakandagiye mu gahanga, umutwe bakawangiza.

- Advertisement -

Polisi yagerageje kubakoma imbere ariko isanga bayirusha ubwinshi ihitamo kuvanamo akayo karenge.

Imibare yatangajwe na Al Jazeera ivuga ko abantu 34 ari bo bahise bahasiga ubuzima muri bo hakaba abapolisi bakuru babiri.

Abandi baguye mu nzira bajya kwa muganga, abandi bapfa bageze yo.

Abakometse cyangwa bavunitse amagufa atandukanye bagera ku 100 boherejwe mu bitaro umunani hirya no hino mu gihugu bakaba bari kwitabwaho ariko bamerewe nabi.

Muri aba kandi harimo abagera ku 10 ubuzima bwabo buri hagati y’urupfu n’umupfumu.

Stade byabereyemo ifite ubushobozi bwo kwakira abafana 42,000.

Polisi yavuze ko  muri bo , abagera ku 3,000 ari bo bakandagiranye muri stade induru ziravuga.

Perezida wa Indonesia witwa  Joko Widodo  yategetse ko hatangira iperereza kuri uru rupfu kandi ategaka ko shampiyona zose muri iki gihugu ziba zihagaze.

Umuhanzi ukomoka muri Congo Brazzaville witwa  Casimir Zao Zoba yigeze kuririmba ko umupira w’amaguru atari intambara ahubwo ari ahantu ho gusabana no kugorora ingingo.

Ibi bisa n’aho abo muri Indonesia batabizi.

TAGGED:AmaguruIndonesiaPolisiUmupira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwandakazi Bamenye Kwandika, Kuyobora No Gukina Sinema
Next Article Umugaba W’Ingabo Za Centrafrique Wungirije Yarangije Uruzinduko Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbutabera

Kigali: Mu Minsi 10 Polisi Imaze Gufata Ibilo 50 By’Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

APR FC Yatsinze Rayon Iyirusha Bifatika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Igiye Kongera Kumvana Imitsi Na APR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rwanda:Iminsi Motari Ugomba Kwishyurira Amande Yongerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?