Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuvuno W’Umwami Mswati III Wo Gusubiza Ibintu Mu Buryo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umuvuno W’Umwami Mswati III Wo Gusubiza Ibintu Mu Buryo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 July 2021 10:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gucubya uburakari bw’urubyiruko n’abarimu bo mu bwami bwe, umwami Mswati III wa Eswatini yashyizemo Minisitiri w’Intebe mushya. Ni uwitwa Cleopas Dlamini. Uyu mugabo yitezweho kuzashyiraho Guverinoma izafasha mu gutuma abaturage cyane cyane urubyiruko banyurwa n’imiyoborere y’igihugu cyabo.

Hashize hafi ukwezi mu bwami bwa Eswatini hari imyigaragambyo yatangijwe n’abanyeshuri bo muri Kaminuza bavugaga ko badashaka ubwami ahubwo bashaka Repubulika.

Ruriya rubyiruko rwavugaga  ko ubwami budakwiranye n’igihe isi igezemo kandi bagashinja ubwami gutegekesha igitugu no gusesagura umutungo w’igihugu.

Cleopas Dlamini yahoze ayobora Ikigo cya Eswatini cyo kuzigama kitwa Public Service Pension Fund.

Ubwami bwa Eswatini buri mu Majyepfo y’
Umugabane w’Afurika

Agizwe Minisitiri w’Intebe wa buriya bwami nyuma ya Ambrose Mandvulo Dlamini witabye Imana mu Ukuboza 2020, akaba yari atarasimburwa.

Abatavuga rumwa na Leta ya Eswatini bavuga ko n’ubwo hagiyeho Minisitiri w’Intebe mushya, bitazababuza gukomeza gusaba ko mu gihugu haba impinduka, ubwami bukavaho hakayobora Repubulika.

Abarimu bo muri Kaminuza zo muri buriya bwami bibumbiy mu kitwa Swaziland National Association of Teachers (SNAT) bavuga ko n’ubwo Polisi ikomeje kubashushubikanya ibakwiza imishwaro, batazacika intege ahubwo bazakomeza gukorana n’abanyeshuri babo mu kwigaragambya.

Minisitiri w’Intebe mushya Cleopas Dlamini.

Abatuye e-Swatini y’ubu bahoze bafite igihugu kitwa Swaziland.

Ni izina ryakomotse ku baturage bo mu bwoko bw’aba Swazi, bahoze batuye igice kigizwe na Afurika y’Epfo y’ubu, Lesotho na e-Swatini.

Ubwo abatuye ibi bihugu bashakaga kwigenga, bamwe bashinze igihugu bakita Swaziland, abandi bashinga na Lesotho( aba Sotho).

Nta gihe kinini gishize umwami Muswati III ategetse ko izina Swaziland rivanwaho, ubwami bwe bukitwa e-Swatini.

Guhindura iri zina nabyo byateje urujijo mu baturage, batangira kwibaza impamvu zabyo ariko barabyemera kuko ari ‘irivuze umwami.’

TAGGED:EswatinifeaturedIntebeMinisitiriMswatiUbwami
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibihugu 15 By’Afurika Harimo N’U Rwanda Birashaka Miliyari 100$ Yo Kwiyubaka
Next Article Amafoto: Gupimira Abaturage Mu Tugari, Min Gatabazi Yagiye Muri Kicukiro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?