Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyaga Milton Wakuye Abanyamerika Umutima
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Umuyaga Milton Wakuye Abanyamerika Umutima

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 October 2024 10:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Leta ya Florida muri Leta zunze ubumwe z’Amerika yamaze kugerwamo n’inkubi ikomeye yiswe Milton. Ni inkubi ifite umuvuduko wa kilometero zirenga 120 ku isaha, uyu ukaba ari umuvuduko ukomeye cyane mu gice cy’umujyi.

Wasenye inzu, irandura amapoto y’amashanyarazi kandi ukurikirwa n’imvura ikomeye yateje umwuzure ukomeye.

Inzu miliyoni 1.5 ndetse n’ibikorwa remezo byinshi ntibifite amashanyarazi, ubucuruzi butandukanye burahagarara.

Inzu 125 zasenyutse burundu kandi ikigo cy’Amerika gishinzwe iby’ikirere kivuga ko imyuzure yatewe n’iyo mvura yateje amazi menshi cyane.

Umuyobozi wa Polisi muri kiriya gice avuga ko hari abantu bamaze gupfa bazize kugwirwa n’amapoto cyangwa ibindi bintu biremereye byahiritswe n’iriya nkubi.

Abapfuye ni abo ahitwa Spanish Lakes Country Club mu gice kitwa Fort Pierce.

Mbere y’uko iyi nkubi igera ku butaka, abahanga bari baburiye abantu ko niba badahunze bagahitamo kuguma mu ngo zabo kababayeho!

Umuburo wavugaga ko kuguma mu rugo ntaho bitaniye no kwicukurira imva.

Perezida wa Amerika Joe Biden yavuze ko igihugu cye kiri mu bibazo cyane cyane Leta ya Florida.

Avuga ko inkubi Milton ari yo ya mbere ikomeye mu mateka ya Florida mu myaka 100 ishize.

Mu rwego rwo gufasha abazagirwaho ingaruka nayo, icyamamare Taylor Swift cyitanze miliyoni $5 yo gushakira abantu imiti n’icumbi.

Bivugwa ko ibizangizwa n’uriya muyaga ukomeye bizabarirwa hagati ya miliyari $ 60 na miliyiri $ 100.

Bavuga ko iriya nkubi iri ku rwego rumwe n’indi yabaye mu myaka yatambutse yari ikomeye cyane bise Katrina.

Abaturage bo muri Leta ya Florida bangana na 770,000 nta mashanyarazi bafite kandi amazi y’umwuzure yamaze kuzamuka agera kuri metero eshatu uvuye ku butaka.

Abaturage bari kubikurikiranira hafi
Abagize amakenga bihungiye rugikubita
Uyu muyaga urakomeye ku rwego rutigeze rugaragara mu myaka 100 ishize muri Florida
TAGGED:AmerikaBidenfeaturedFloridaImvuraUmuyaga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusizi: Umusaza Yitwikiye Inzu Ngo Abyegeke Ku Mugore We
Next Article Nyamasheke: Imbwa Z’Inyagasozi Zirica Amatungo Y’Abaturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?