Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Mukuru Mu Bushinwa ‘Uzi Inkomoko Ya COVID’ Yahungiye Muri Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Umuyobozi Mukuru Mu Bushinwa ‘Uzi Inkomoko Ya COVID’ Yahungiye Muri Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 June 2021 10:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru atangwa na bimwe mu binyamakuru byo muri Hong Kong avuga ko Dong Jingwei wahoze ari Visi Minisitiri muri Minisiteri y’umutekano w’igihugu yahungiye muri Amerika akajyana amabanga y’ibyabereye i Wuhan mbere y’uko Isi yibasirwa na COVID-19.

Dong yuririye indege muri Hong Kong rwagati muri Gashyantare, 2021.

Yajyanye n’umukobwa we witwa Dong Yang.

Ikinyamakuru kitwa Spy Talk kivuga ko uriya mugabo uri mu bazi uko ibya COVID-19 byatangiye mu Bushinwa, ashobora kuba yarahaye abategetsi b’i Washington inyandiko z’amabanga zerekana ko virus yateye COVID-19 yakorewe muri Laboratwari z’i Wuhan.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kivuga ko iyi ari yo mpamvu yatumye mu minsi mike ishize, ubutegetsi bwa Joe Biden bwarahinduye uko bwabonaga ibintu, bugatangira kuvuga ko hari ibimenyetso ko virus yateye iki cyorezo ikomoka muri Labo zo mu Bushinwa.

Uwo Biden yasimbuye, ari we Donald Trump kenshi yemeje ko COVID-19 yakozwe n’Abashinwa, ariko henshi bamutera utwatsi, bavuga ko nta bimenyetso ashingira ho abyemeza.

 Dong: Umuhanga mu by’ubutasi…

Dong Jingwei ni umuyobozi wamaze igihe kinini  akorera Minisiteri y’umutekano mu Bushinwa, akaba yari ashinzwe kuyobora ishami ryayo rishinzwe gutahura no gukoma mu nkokora ibikorwa bigamije guhungabanya u Bushinwa.

Ni ibyo bita ‘counterintelligence’. Uyu mwanya yawugiyemo muri Mata, 2018, mbere y’aho akaba yari ashinzwe izindi nzego muri iriya Minisiteri.

- Advertisement -
Jingwei Dong

Iby’uko uyu mugabo yahungiye muri Amerika byatangajwe bwa mbere n’umugabo witwa Dr. Han Lianchao kuri Twitter.

Yanditse ko mu nama iherutse guhuriza abategetsi ba Amerika n’ab’u Bushinwa(Sino-American Summit) yabereye Alaska, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bushinwa Wang Yi ari kumwe n’ushinzwe ububanyi n’amahanga mu ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa witwa  Yang Jiechi basabye Amerika kugarura Dong Jingwei ariko Amerika ibabera ibamba.

Ushinzwe ububanyi n’amahanga bw’Amerika witwa Antony Blinken yabakuriye inzira ku murima, arabahakanira.

Dr. Han Lianchao watangaje biriya bwa mbere, nawe yahunze u Bushinwa mu myaka yakurikiye ubwicanyi bwabereye ahitwa Tiananmen Square, bwabaye mu mwaka wa 1989.

N’ubwo hari abavuga ko ibyo yatangaje bigamije guhunganya abategetsi b’u Bushinwa kuko bazumva ko amabanga yabo yageze ‘mu biganza by’umwanzi’, hari abandi bavuga ko bishoboka cyane ko Dong yaba yaravuze ikiri mu nda y’ingoma y’u Bushinwa mu buryo nyabwo.

Abo barimo Nicholas Eftimiades wahoze akora muri Minisiteri y’ingabo z’Amerika no muri CIA.

Uyu mugabo avuga ko Dr Lianchao adashishikazwa no gutangaza ibihuha agamije guharabika u Bushinwa, ahubwo ko ibyo yanditse aba abifitiye gihamya.

Intambara y’ubutasi hagati y’ibihugu byombi yakoze kuri benshi…

Ku rundi ruhande, Mollie Saltskog avuga ko niyo haba hari umutegetsi mukuru w’u Bushinwa waba warabuhunze akajya muri USA ajyanye amabanga, ibyo nta gitangaza kirimo.

Ubutasi hagati y’ibi bihugu burakomeye

Ngo ni umukino umaze igihe kinini hagati y’intasi z’ibihugu byombi, aho buri gihugu kigurira ba maneko b’ikindi ngo bagihunge cyangwa batange amakuru y’imikorere yacyo mu nzego zose.

Ingero z’ibi ni nyinshi:

Mu mwaka ushize(2020) umwe mu bakozi ba CIA witwa Alexander Yuk Ching Ma yahamijwe ibyaha byo gutata Amerika mu nyungu z’u Bushinwa.

Muri uriya mwaka undi Munyamerika wakoreraga CIA witwa Jerry Chun Shing Lee yakatiwe imyaka 19 y’igifungo nyuma y’uko bigaragaye ko hari inyandiko z’ibanga yahaga u Bushinwa.

Mu mwaka wa 2019, undi Munyamerika witwa Kevin Patrick Mallory wakoreraga CIA yakatiwe imyaka 20 y’igifungo nyuma y’uko ahamijwe gutata mu nyungu z’u Bushinwa.

Muri iyi ntambara ya ba maneko, u Bushinwa nibwo bigaragara ko bwayitwayemo neza kuko guhera mu mwaka wa 2010 bwashoboye kuburizamo imigambi Amerika yabaga yateguye ku butaka bwabwo.

Abenshi muri ba maneko ba CIA mu Bushinwa barafashwe baricwa abandi barafungwa.

Aya makuru yatangajwe bwa mbere na The New York Times mu mwaka wa 2017.

Ubwo abanditsi b’ikinyamakuru Spy Talk babazaga inzego zishinzwe ububanyi n’amahanga za Amerika icyo zivuga ku bivugwa ko Dong yahungiye muri Amerika, ntacyo zabasubije.

Ikindi gishobora kuba gihangayikishije ubutegetsi bw’i Beijing ni uko Dong yari umwe mu bantu ba hafi ba Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping.

Ibi byemezwa na  kimwe mu binyamakuru bivuga ku butasi n’umutekano kitwa Intelligence Online gikorera i Paris mu Bufaransa.

Kuba ku rutonde rw’abakozi ba Minisiteri y’umutekano  mu Bushinwa  ruri ku rubuga rwayo nta mwanya wa Visi Minisitiri ukihagaragara, hari ababifata nk’ikimenyetso  cy’uburakari bw’uko Dong yacikanye amabanga y’igihugu.

 

TAGGED:AmerikaBushinwafeaturedIcyorezoUbutasi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abandi Bakobwa 80 Bo Muri Nigeria Bashimuswe
Next Article Ambasaderi Wa Israel Yiyemeje Guha Abanyarwanda Amaraso Ye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?