Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Mukuru Mu Bwongereza Ategerejwe Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umuyobozi Mukuru Mu Bwongereza Ategerejwe Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 March 2023 8:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Suella Braverman ni umunyamabanga ushinzwe ibibera imbere mu Bwongereza, Home Secretary. Itangazamakuru ryo muri iki gihugu ryemeza ko azasura u Rwanda mu gihe gito kiri imbere.

Amakuru atangazwa na Sky News avuga ko ashobora kugera i Kigali kuri uyu wa Gatanu taliki 17, Werurwe, 2023,  andi ya The Mirror  akavuga ko azarusura ariko ntatangaze italiki nyayo.

The Mirror yandika ko icy’ingenzi mu bimugenza ari ukurebera hamwe n’ubuyobozi bw’u Rwanda uko umugambi wa kwakira abimukira wari waratangijwe n’uwo yasimbuye witwa Priti Patel wasubukurwa.

Imikoranire y’u Rwanda n’u Bwongereza ku ngingo y’uko u Rwanda rwakwakira abimukira u Bwongereza burwoherereje mu gihe ibyabo bikigwaho ni umugambi ibice byombi byanogeje ubwo Boris Johnston yari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza.

Umwe mu bari bagize Guverinoma ye witwa Priti Patel yaje i Kigali asiga asinyanye na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Dr. Vincent Biruta amasezerano y’uko bizakorwa.

Hari amafaranga akubiye muri ariya masezerano agera kuri Miliyoni 120 z’ama Euros, akaba ari ayo gufasha u Rwanda gutegura aho bariya baturage bazatuzwa no kubitaho.

Imiryango imwe n’imwe ivuga ko iharanira uburenganzira bwa muntu yamaganye iby’iyi mikoranire, ivuga ko igamije inyungu z’ubukungu kurusha uko ari ukwita ku burenganzira bwa muntu.

Si iyi miryango irwanya ubu bufatanye gusa kuko hari n’abanyapolitiki barimo uwitwa Yvette Cooper babirwanya.

Cooper avuga ko ‘Rwanda Scheme’ idashoboka, idashyize mu gaciro kandi ihenze bitavugwa.

Ubuyobozi bw’u Rwanda bwo buvuga ko intego yarwo ari ukwakira abaje barugana, bagahabwa imibereho myiza kurusha kwirirwa bacunaguzwa cyangwa basembera mu bihugu bitabashaka.

Mu mbwirwaruhame ze, Perezida Kagame yabwiye abatekereza ko u Rwanda rugamije kwakira abimukira ngo rubungukemo, ko bibeshya, ahubwo rugamije guha abantu ahantu ho kuba habahesheje agaciro.

TAGGED:AbimukiraBwongerezafeaturedKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Inkuba Yakubise Umuturage Iramuhusha
Next Article Gatsibo: Ikigo Cy’Amashuri Kirashinjwa Kuvunisha Abana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Rayon Sports Yatandukanye Na Kapiteni Wayo Bamaranye Imyaka Ibiri N’Igice

I Goma Hageze Imiti Y’Ibibembe N’Igituntu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

You Might Also Like

Imikino

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?