Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Mukuru Wa Polisi Y’U Butaliyani Ari Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umuyobozi Mukuru Wa Polisi Y’U Butaliyani Ari Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 October 2021 10:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza kuri uyu wa Mbere tariki 11, Ukwakira, 2021  yakiriye mu biro bye Lieutenant General Teo LUZI umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Butaliyani izwi ku izina rya Arma dei Carabinieri. Ari kumwe na Ambasaderi w’u Butaliyani mu Rwanda Massimiliano Matsanti.

Lieutenant General Teo LUZI General Commander n’itsinda ayoboye bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu rugamije gushimangira ubufatanye.

Mu ijambo Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza yavuze ubwo yahaga ikaze mugenzi we wo mu Butaliyani yavuze ko ubufatanye bwa Polisi zombi bumeze ighe kandi ko buzakomeza.

IGP Munyuza yavuze ko impande zombi zizakomeza gukorana mu gusangira ubunararibonye, gutanga amahugurwa ndetse no kongera ubumenyi.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza

Polisi y’u Rwanda yemeza ko Carabinieri yayifashije cyane mu kubaka ubushobozi uhereye mu mwaka wa 2017.

Icyo gihe abapolisi b’u Rwanda basaga 900 babonye amahugurwa yatanzwe na Carabinieri atangirwa mu Rwanda no mu Butaliyani.

Ikindi Polisi y’u Rwanda yishimira ni uko imikoranire yayo n’iya Carabinieri yatumye akazi ko kugarura amahoro gakorwa neza aho impande zombi zahuriraga mu bindi bihugu.

Twabashije gukorera hamwe mu kugarura amahoro n’umutekano mu bihugu byombi ndetse no mu bindi bihugu.

IGP Dan Munyuza ati: “ Polisi y’u Rwanda na Carabinieri yo mu Butaliyani bifitanye ubufatanye bukomeye guhera muri 2017, ubufatanye bwubakiye ku musingi ukomeye umaze imyaka myinshi y’ubucuti hagati y’u Rwanda n’u Butaliyani.”

Abapolisi bakuru ku mpande zombi baganiriye uko bakomeza umubano

Arma dei Carabinieri ni iki mu by’ukuri?

Ni Urwego rw’Umutekano mu Butaliyani rushinzwe gucungira ababutuye umutekano.

Rukorana n’izindi nzego za kiriya gihugu zirimo urwego rwitwa Polizia di Stato n’urundi rwitwa Guardia di Finanza.

Ku rundi ruhande ariko, Arma dei Carabinieri ifite inshingano zisa n’iza gisirikare kuko n’ubundi ari urwego rwa kane rw’ingabo z’u Butaliyani.

Ikindi ni uko ruriya rwego rushinzwe no gusuzuma imyitwarire y’abasirikare b’u Butaliyani.

Ni urwego rukomeye kuko rwita ku basivili ndetse n’ikinyabupfura cy’abasirikare.

Lieutenant General Teo LUZI yakiriwe mu cyubahiro kigenewe Jenerali

Mu ntangiriro y’imikorere y’uyu mutwe(hari mu Kinyejana cya 19), wabanje gukora ari Polisi y’Intara ya Sardinia, ariko nyuma uza kugira imbaraga nyinshi uhinduka Polisi y’abasivili n’iy’abasirikare.

Nirwo rwego umunyagitugu wategetse u Butaliyani witwa Benito Mussolini yakoresheje acecekesha abatarumvaga abatwara ya Gifashisite( fascist ) yari yadukanye ayasangiye na Adolf Hitler wategekaga u Budage na Franco wategekaga Espagne.

Abo muri Arma dei Carabinieri ni nabo bamuhiritse nyuma yo kubona ko politiki ye yari irimo itsindwa.

Ni ishami ry’umutekano rikomeye k’uburyo ryemerewe gukorera akazi aho ari ho hose mu Butaliyani kandi rigakoresha intwaro igihe icyo icyo aricyo cyose.

Ubu bubasha ryabugize mu mwaka wa 2000.

Ni Polisi ikomeye mu Butaliyani bwose
TAGGED:ButaliyanifeaturedMunyuzaPolisiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Za Ethiopia Zubuye Intambara Yeruye Ku Barwanyi Ba Tigray
Next Article Inkingo Za COVID-19 Zisaga Miliyoni Imwe Zoherejwe Mu Turere 12
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?