Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Muri Gakenke Afunzwe Akurikiranyweho Gutema Umugore We
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umuyobozi Muri Gakenke Afunzwe Akurikiranyweho Gutema Umugore We

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 August 2021 7:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe Habarurema Jephte hamwe na Habarurema Desiré bakekwaho kugira uruhare mu gukubita no gukomeretsa Mukamusoni Esperance, uyu akaba ari umugore wa Habarurema, bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga mu Karere ka Burera, ariko bari batuye mu Murenge wa Rugarama.

Ku Cyumweru tariki 08, Kanama, 2021 nibwo Habarurema Jephte wari ushinzwe irangamimirere mu Murenge wa Cyabingo, Akarere ka Gakenke yatemye mu mutwe umugore we witwa Espérance Mukamusoni.

Iki kibazo cyari kimaze igihe ndetse mu mwaka wa 2018, uriya mugore yari yarigeze kwishinganisha, avuga ko umugabo we amutoteza.

Amakuru Taarifa yabonye avuga ko bombi bageze aho baratandukana ndetse banagabana imitungo.

Mu Cyumweru gishize rero, uriya mugore ngo yagiye gusura umugabo we aho atuye muri Burera nibwo, abaturanyi bumvise atatse baza gutabara basanga yatemwe mu mutwe.

Ku rubuga rwa Polisi handitse ko uriya mugabo yari yarigeze gukora ibya nka kiriya.

Yamutemye mu mutwe. Aha bari bamaze kumudoda

Abafashwe bafunzwe mu gihe iperereza rigikomeje.

Mu mwaka wa 2019, hari undi muyobozi mu Karere ka Musanze watawe muri yombi Urwego rw’Ubugenzacyaha bumurikiranyweho ‘gupfura umugore we’ imisatsi.

Uwo muyobozi yitwaga Augustin Ndabereye

Yari asanzwe ari Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu.

Abayobozi bajya bagaragara mu guhohotera abaturage…

Ni kenshi inzego z’umutekano zifata zikanafunga abayobozi zibakurikiranyeho guhohorera abaturage.

Ubu mu Karere ka Nyagatare hari urubanza Umukuru w’Umudugudu akurikiranyweho rwo gukubita abanyamakuru bari mu kazi.

Nyuma y’ibyo Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha rwatangaje ko rwataye muri yombi uriya mukuru w’umudugudu witwa Kalisa Sam.

Ibyo guhohotera abaturage biri gukorwa mu gihe Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu JMV Gatabazi yari  aherutse kwihaniza abayobozi cyane cyane abo mu nzego z’ibanze ababuza guhohotera abaturage.

TAGGED:featuredGakenkeMusanzePolisiUmuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubunyarwanda Muri Mozambique
Next Article Hari Abanshidikanyagaho Ngo Sinayobora Igihugu Kuko Ndi Umugore- Perezida Suluhu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?