Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Muri Hamas Yishongoye Kuri Israel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Umuyobozi Muri Hamas Yishongoye Kuri Israel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 February 2025 10:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Osama Hamdan, umwe mu bayobozi bakuru ba Hamas yabwiye Al Jazeera ko igitero uyu mutwe wagabye kuri Israel tariki 07,Ukwakira, 2023 ari intsinzi ikomeye itazibagirana mu mateka.

Ntacyo Israel irasubiza kuri ayo magambo ariko birashoboka ko bitazarangirira aho.

Hamdan avuze ibi mu gihe kibi kuko Israel iri guhererekanya na Hamas imfungwa buri ruhande rwafashe mu ntambara impande zombi zimaze iminsi 500 zirwana.

Yabwiye Al Jazeera ati: “Tariki 07, Ukwakira izahora ari itariki y’amateka kuri Hamas kuko ari bwo abantu bacu bashoboye gusenya ingabo za Israel zari zigize diviziyo yacungaga Gaza”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yavuze ko ibyabaye icyo gihe byerekanye ko burya na Israel ishobora gutsindwa, ko burya idashoboye byose.

Osama Hamdan yabwiye abanyamakuru ba Al Jazeera, ikinyamakuru cya Leta ya Qatar, ko Hamas mu mikorere yayo itigeze isaba Hezbollah ubufasha bwa gisirikare nk’uko byigeze kuvugwa n’uwayiyoboraga witwa Hassan Nasrallah.

Hamdan yeretse abantu kuri écran/screen ifoto y’ahantu ingabo za Israel zari zasumbirijwe, avuga ko byerekana ko burya nazo zatsindwa, ko ari ibintu bishoboka.

Ndetse ngo Hamas yari ifite n’amahitamo yo kuba yatera Israel igihe cyose yashakira.

Ni ko Hamdan abivuga.

- Advertisement -

Ubwo yabazwaga niba Hamas ifite ubushake bwo gusaranganya ubutegetsi n’indi mitwe ikorera muri Gaza, yasubije mu buryo budasubirwaho ko BIDASHOBOKA.

Amakuru kandi avuga ko Hamas yemera ko ishobora guha Palestine uburenganzira bwo kuyobora Gaza, ariko ikavuga ko bizaba ngombwa ko hari abakozi bayo bashyirwa mu buyobozi Palestine yazashyiraho.

Ikindi kivugwa muri iyi dosiye ni uko hari igitutu Misiri yashyize ku bayobozi ba Hamas ngo bemere gukorana na Palestine ku ngingo ireba imiyoborere ya Gaza.

Israel nayo kuri uyu wa Mbere tariki 17, Gashyantare, 2025 irohereza intumwa i Cairo kuganira n’ubuyobozi bwa Misiri uko ibyo guhererekanya imfungwa na Hamas byifashe no gusuzumira hamwe  aho ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro aherutse gusinyirwa i Doha rigeze.

TAGGED:DohaHamasHezoollah ImfungwaIgiteroIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bukavu: Icyizere Cyo Kubaho Neza Cyagarutse
Next Article DRC: Urugero Rwiza Rwo Gusesagura Na Duke Wari Ufite
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?