Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Wa CHADEMA Akurikiranyweho Ibyaha by’Iterabwoba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umuyobozi Wa CHADEMA Akurikiranyweho Ibyaha by’Iterabwoba

admin
Last updated: 23 July 2021 11:37 am
admin
Share
SHARE

Polisi ya Tanzania yemeje ko yataye muri yombi umuyobozi w’ishyaka Chama cha Demokrasia na Maendeleo (Chadema) ritavuga rumwe n’ubutegetsi, Freeman Mbowe, akekwaho ibyaha birimo ubugambanyi bugamije gukora ibikorwa by’iterabwoba no kwica abayobozi bakomeye muri guverinoma.

Polisi yemeje ko imufite nyuma y’iminsi ibiri atawe muri yombi.

Mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa Kane, Umuvugizi wa Polisi, David Misime yavuze ko yari impuha zakomeje gukwirakwira ko Mbowe yafashwe azira gutegura inama zisaba ivugururwa ry’Itegeko nshinga, mu mujyi wa Mwanza.

Yakomeje ati “Mbowe yari azi neza ko ibyaha aregwa birimo gukorwaho iperereza kandi ko azasabwa na polisi kugera imbere y’amategeko umunsi iperereza ryarangiye. Twageze kuri urwo rwego rero.”

Kuri uyu wa Kane Umuyobozi wa Polisi ya Mwanza, Ramadhan Ng’anzi, yemeje ko bafunze Mbowe nyuma yo kumuhata ibibazo. Yavuze ko bamufashe ku wa 21 Nyakanga.

Yakomeje ati “Nyuma yo kumufata, Polisi ya Dar es Salaam na yo yatumenyesheje ko imukurikiranyeho ibindi byaha bikekwa ko yakozeyo, bityo tumujyana i Dar es Salaam aho akomeje guhatwa ibibazo.”

Yavuze ko Mbowe azasubizwa i Mwanza nyuma yo kubazwa, agakurikiranirwa hamwe na bagenzi be 15 bo muri Chadema.

Ntabwo hatangajwe uburyo ibyaha akekwaho byakozwe.

TAGGED:ChademaFreeman MboweTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dore Impamvu Zitera ‘Abakozi Ba Leta’ Mu Rwanda Gutanga Serivisi MBI
Next Article Tanzania Yahagaritse Ibikorwa Bihuza Abantu Benshi, Itangira Gukingira COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gisèle Umuhuza Yasimbuwe Na Canoth Manishimwe Muri MININFRA

Ariel Wayz Na Babo Bajyanywe Mu Kigo Ngororamuco

Ese Icyemezo Cya Leta Cyahombeje Abacuruzi Bagafunga Cyavugururwa?

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?