Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Wa CHADEMA Akurikiranyweho Ibyaha by’Iterabwoba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umuyobozi Wa CHADEMA Akurikiranyweho Ibyaha by’Iterabwoba

admin
Last updated: 23 July 2021 11:37 am
admin
Share
SHARE

Polisi ya Tanzania yemeje ko yataye muri yombi umuyobozi w’ishyaka Chama cha Demokrasia na Maendeleo (Chadema) ritavuga rumwe n’ubutegetsi, Freeman Mbowe, akekwaho ibyaha birimo ubugambanyi bugamije gukora ibikorwa by’iterabwoba no kwica abayobozi bakomeye muri guverinoma.

Polisi yemeje ko imufite nyuma y’iminsi ibiri atawe muri yombi.

Mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa Kane, Umuvugizi wa Polisi, David Misime yavuze ko yari impuha zakomeje gukwirakwira ko Mbowe yafashwe azira gutegura inama zisaba ivugururwa ry’Itegeko nshinga, mu mujyi wa Mwanza.

Yakomeje ati “Mbowe yari azi neza ko ibyaha aregwa birimo gukorwaho iperereza kandi ko azasabwa na polisi kugera imbere y’amategeko umunsi iperereza ryarangiye. Twageze kuri urwo rwego rero.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kuri uyu wa Kane Umuyobozi wa Polisi ya Mwanza, Ramadhan Ng’anzi, yemeje ko bafunze Mbowe nyuma yo kumuhata ibibazo. Yavuze ko bamufashe ku wa 21 Nyakanga.

Yakomeje ati “Nyuma yo kumufata, Polisi ya Dar es Salaam na yo yatumenyesheje ko imukurikiranyeho ibindi byaha bikekwa ko yakozeyo, bityo tumujyana i Dar es Salaam aho akomeje guhatwa ibibazo.”

Yavuze ko Mbowe azasubizwa i Mwanza nyuma yo kubazwa, agakurikiranirwa hamwe na bagenzi be 15 bo muri Chadema.

Ntabwo hatangajwe uburyo ibyaha akekwaho byakozwe.

TAGGED:ChademaFreeman MboweTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dore Impamvu Zitera ‘Abakozi Ba Leta’ Mu Rwanda Gutanga Serivisi MBI
Next Article Tanzania Yahagaritse Ibikorwa Bihuza Abantu Benshi, Itangira Gukingira COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?