Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Wa CHADEMA Akurikiranyweho Ibyaha by’Iterabwoba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umuyobozi Wa CHADEMA Akurikiranyweho Ibyaha by’Iterabwoba

Last updated: 23 July 2021 11:37 am
Share
SHARE

Polisi ya Tanzania yemeje ko yataye muri yombi umuyobozi w’ishyaka Chama cha Demokrasia na Maendeleo (Chadema) ritavuga rumwe n’ubutegetsi, Freeman Mbowe, akekwaho ibyaha birimo ubugambanyi bugamije gukora ibikorwa by’iterabwoba no kwica abayobozi bakomeye muri guverinoma.

Polisi yemeje ko imufite nyuma y’iminsi ibiri atawe muri yombi.

Mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa Kane, Umuvugizi wa Polisi, David Misime yavuze ko yari impuha zakomeje gukwirakwira ko Mbowe yafashwe azira gutegura inama zisaba ivugururwa ry’Itegeko nshinga, mu mujyi wa Mwanza.

Yakomeje ati “Mbowe yari azi neza ko ibyaha aregwa birimo gukorwaho iperereza kandi ko azasabwa na polisi kugera imbere y’amategeko umunsi iperereza ryarangiye. Twageze kuri urwo rwego rero.”

Kuri uyu wa Kane Umuyobozi wa Polisi ya Mwanza, Ramadhan Ng’anzi, yemeje ko bafunze Mbowe nyuma yo kumuhata ibibazo. Yavuze ko bamufashe ku wa 21 Nyakanga.

Yakomeje ati “Nyuma yo kumufata, Polisi ya Dar es Salaam na yo yatumenyesheje ko imukurikiranyeho ibindi byaha bikekwa ko yakozeyo, bityo tumujyana i Dar es Salaam aho akomeje guhatwa ibibazo.”

Yavuze ko Mbowe azasubizwa i Mwanza nyuma yo kubazwa, agakurikiranirwa hamwe na bagenzi be 15 bo muri Chadema.

Ntabwo hatangajwe uburyo ibyaha akekwaho byakozwe.

TAGGED:ChademaFreeman MboweTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dore Impamvu Zitera ‘Abakozi Ba Leta’ Mu Rwanda Gutanga Serivisi MBI
Next Article Tanzania Yahagaritse Ibikorwa Bihuza Abantu Benshi, Itangira Gukingira COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FDLR Yarwanye Na Mai Mai

Imitangire Ya Serivisi Ntiranoga- RGB

Umusaruro Mbumbe W’ u Rwanda Wazamutseho 11.8% Mu Gihembwe Cya Gatatu

Uko Ikibazo Cya Feri Za Spiro Giteye

Umuvuno Wa Leta Wo Guca Amapfa Muri Kayonza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Yemeje Urwego Rwemerewe Kwita Ku Mbuto

M23 Yemeye Kuva Muri Uvira Ariko Igira Ibyo Isaba…

Guinée-Bissau: Inshuti Y’Uwahoze Ari Perezida Yafatiwe Mu Ndege Afite Ivarisi Yuzuye Amafaranga

Uburundi Buvuga Ko Nibiba Ngombwa Buzarwana N’u Rwanda 

Venezuela Ivuga Ko Trump Nta Kindi Ayishakaho Kitari Petelori

You Might Also Like

Mu mahanga

Trump Yeruye Arega BBC Ngo Imwishyure Miliyari $10

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tshisekedi Arashaka Ubufasha Bwa Gisirikare Bwa Angola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ingabo Zirenga 2,000 Za DRC n’Aba Wazalendo Zamaze Kugera Mu Burundi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Australia: Abantu 12 Biciwe Mu Gitero Cyagabwe Ku Bari Bitabiriye Umunsi W’Abayahudi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?