Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Wa Polisi FC Ashima Umusaruro Itanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Umuyobozi Wa Polisi FC Ashima Umusaruro Itanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 March 2023 4:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Assistant Commissioner of Police( ACP) Yahaya Kamunuga avuga ko ikipe  ya Polisi y’u Rwanda, Police FC, itanga umusaruro uruta ibyo bayishoramo kandi ngo birabashimisha.

Yabibwiye abanyamakuru bari bitabiriye ikiganiro cyahuje Polisi y’u Rwanda n’abanyamakuru ku myiteguro y’imikino izahuza za Polisi zo mu Karere k’Uburasirazuba bw’Afurika izatangira ku wa mbere taliki 21, Werurwe, 2023 yitwa EAPCO Games izaba ibaye ku nshuro ya kane.

ACP Kamunuga avuga ko yageze muri Polisi FC asanga ihagaze neza kandi ngo n’ubu ntihagaze nabi.

Abajijwe uko abona umusaruro itanga, avuga ko muri rusange Police FC ihagaze neza kandi itajya ijya munsi y’amakipe 10.

ACP Yahaya Kamunuga

Ku byerekeye imikino ya EAPCO, iyi mikino izaba igamije guhuza abapolisi kugira ngo bakine kandi babone umwanya wo kuganira bahugurane.

EAPCO igizwe n’ibihugu 14 ariko kuri iyi nshuro iriya mikino izitabirwa n’ibihugu birindwi(7).

Imikino nk’iyi yaherukaga mu mwaka wa 2019 ikaba yarabereye muri Kenya, icyo gihe u Rwanda rwabaye urwa kabiri.

Commissioner of Police ( CP) Bruce Munyambo uhagarariye iyi mikino yavuze ko Polisi y’u Rwanda yateguye iriya mikino neza kandi yizeye ko amakipe yayo azitwara neza.

Avuga ko umuhango wo gufungura iriya mikino izabera muri Kigali Pélé Stadium indi mikino ibere hirya no hino mu Rwanda harimo no muri BK Arena.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera yasabye Abanyarwanda bose kuzaza gushyigikira amakipe ya Police kandi abizeza ko kwinjira ari Ubuntu.

Ku gitekerezo cy’uko Polisi yashinga amakipe atandukanye bitewe n’imitwe yayo( traffic…), abayobozi muri Polisi bombi( CP Munyambo na CP Kabera) bavuze ko icyo gitekerezo ari cyiza kandi ko bazakigaho.

Icyakora bombi bavuga ko bisaba ubushobozi bw’imari bwongerwa kugira ngo iyo mikino ishyirwe ku rwego rw’igihugu.

TAGGED:EAPCOfeaturedIkipeKaberaKamunugaMunyamboPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusizi: Umubano W’u Rwanda N’u Burundi Ukomeje Gutsurwa
Next Article Abantu, Ikoranabuhanga No Guhanga Udushya Nibyo Dushyize Imbere- Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwatsinze Uganda Mu Mikino Ya Handball

Kuki Amasezerano Y’Amahoro Akunze Kudakurikizwa?

Dusigaye Twishakamo Ibisubizo Ku Bibazo By’Ubuvuzi – Jeannette Kagame 

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUtuntu n'Utundi

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?