Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Wa Polisi Wungirije Yibukije Akamaro Ko Kwitonda Mu Muhanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Wungirije Yibukije Akamaro Ko Kwitonda Mu Muhanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 February 2023 8:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wingirije ushinzwe imiyoborere n’abakozi, DIGP Jeanne Chantal Ujeneza yabwiye abapolisi n’abasirikare bamaze amezi ane bishirizwa i Gishari uburyo gucunga umutekano wo mu muhanda ko burya umuhanda ari nyabagendwa kandi ko ari uwo kwitondera.

Yabasabye kujya bibuka ko batwaye abantu kandi ko umuhanda ari uwa bose bityo bakirinda ikosa ryagira uwo rihitana, uwo rikometsa cyangwa rikamumugaza.

Kuri uyu wa Mbere taliki ya 13 Gashyantare, 2023 nibwo yabivugiye mu muhango wo kurangiza amahugurwa y’amezi ane yaberaga mu kigo cya Polisi cy’amahugurwa kiba mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana.

Yitabiriwe n’abantu 202, barimo abapolisi 115 n’abasirikare 87.

DIGP Ujeneza yasabye abahugue kwifashisha ubumenyi bahakuye bukazabafasha gukomeza kwimakaza umutekano wo mu muhanda.

Ati: “Impanuka ziracyatwara ubuzima bw’abantu benshi kandi ahanini bigirwamo uruhare n’abatwara ibinyabiziga. Abantu bapfa ni u Rwanda rw’ejo, ni umuturage w’igihugu kandi birababaje, niyo mpamvu musabwa kuyaha agaciro kayo, mukazirikana ubumenyi muyungukiyemo kandi mukabukurikiza mu rwego rwo gukomeza kwimakaza umutekano wo mu muhanda.”

Yababwiye ko bahuguwe kugira ngo banoze umwuga wabo hubahirizwa amategeko y’umuhanda.

Ujeneza yabibukije ko mu kazi kabo bagomba kuzirikana ko batwara ibinyabiziga byaguzwe amafaranga menshi kandi ko umuhanda ari nyabagandwa, ukoreshwa n’abandi.

Yababwiye ko inzego bahagarariye zibitezeho impinduka nziza.

DIGP Ujeneza yabasezeranyije imikoranire na Polisi, ikazababa hafi mu byo bakora kugira ngo akazi kabo gakomeze kugirira benshi akamaro.

Umuyobozi w’Ikigo cy’amahugurwa cya Polisi, Commissioner of Police (CP) Robert Niyonshutiyavuze ko mu gihe cy’amezi ane bamaze bahugurwa bize amasomo  arimo gutwara imodoka zitandukanye zirimo intoya, amakamyo ndetse n’ibifaro.

Bize andi masomo arimo amategeko n’amabwiriza bigenga umuhanda n’uburyo bwo kuwugendamo, gutwara ibinyabiziga, ubukanishi, akarasisi, banakora n’imyitozo yo kwimenyereza gutwara ibinyabiziga.

Yashimiye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda ku nama n’inkunga bugenera ikigo cy’amahugurwa abereye umuyobozi mu rwego rwo kunoza imigendekere myiza y’amahugurwa, ashimira n’abarimu ku bwitange bwabaranze mu gutanga amahugurwa.

Abapolisi n’abasirikare bahuguwe uko batwara imodoka nto, imodoka nini n’ibifaro
TAGGED:imodokaImpanukaPolisiRwamaganaUjenezaUmuhanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko Ingabo Za EAC Zigabanyije Ibirindiro Mu Burasirazuba Bwa DRC
Next Article Umutoza Seninga Yahagaritswe Mu Kazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?