Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Wa Twitter Ari Nawe Wayishinze Yeguye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Umuyobozi Wa Twitter Ari Nawe Wayishinze Yeguye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 November 2021 5:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jack Dorsey washinze ikigo gifite urubuga nkoranyambaga ruri mu zikomeye ku isi rwitwa Twitter yeguye.

Yavuze ko yeguye ku mpamvu ze bwite kandi ngo yizeye ko ikigo yashinze kizakomeza gukora n’ubwo we azaba atakikiyobora.

Email yandikiye abakozi be yababwiye ko ababajwe cyane no kuba abavuyemo, akaba agiye kwikorera ibindi.

Ati: “ Birababaje kandi birambabaje cyane kuba mbasize ariko ndagiye kandi mfite icyizere ko muzakomeza gukora neza n’ubwo nzaba ntahari.”

Biteganyijwe ko ubuyobozi bwa Twitter buri busigare bufitwe n’umugabo wari ushinzwe kwita ku ikoranabuhanga muri kiriya kigo witwa Parag Agrawal.

Parag azakomeza kuyobora Twitter kugeza mu mwaka utaha wa 2022 ubwo Dorsey azegura mu buryo bweruye kandi budasubirwaho.

Parag Agrawal.

N’ubwo Dorsey  yatangaje ko yeguye ku mpamvu ze bwite, hari amakuru avuga ko yari amaze iminsi atavuga rumwe na bagenzi be bafite imigabane muri Twitter bamushinja kudaha umwanya Twitter ahubwo akibanda ku kindi kigo gifasha abantu kwishyurana amafaranga yise Square nk’uko China.org yabyanditse.

Jack Dorsey ni Umunyamerika ufite inkomoko mu Butaliyani. Ni umuhanga mu ikoranabuhanga waryigiye muri Kaminuza yitwa Massachusetts Institute of Technology( MIT).

Ibiro bikuru bya Twitter muri New York
TAGGED:featuredIkoranabuhangaImbungaTwitter
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Gutanga Urukingo Rwa Gatatu Rwa COVID-19
Next Article Ingabo Z’u Rwanda Zikomeje Umurunga Uzihuza N’Iz’u Buholandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?