Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Wa Twitter Ari Nawe Wayishinze Yeguye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Umuyobozi Wa Twitter Ari Nawe Wayishinze Yeguye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 November 2021 5:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jack Dorsey washinze ikigo gifite urubuga nkoranyambaga ruri mu zikomeye ku isi rwitwa Twitter yeguye.

Yavuze ko yeguye ku mpamvu ze bwite kandi ngo yizeye ko ikigo yashinze kizakomeza gukora n’ubwo we azaba atakikiyobora.

Email yandikiye abakozi be yababwiye ko ababajwe cyane no kuba abavuyemo, akaba agiye kwikorera ibindi.

Ati: “ Birababaje kandi birambabaje cyane kuba mbasize ariko ndagiye kandi mfite icyizere ko muzakomeza gukora neza n’ubwo nzaba ntahari.”

Biteganyijwe ko ubuyobozi bwa Twitter buri busigare bufitwe n’umugabo wari ushinzwe kwita ku ikoranabuhanga muri kiriya kigo witwa Parag Agrawal.

Parag azakomeza kuyobora Twitter kugeza mu mwaka utaha wa 2022 ubwo Dorsey azegura mu buryo bweruye kandi budasubirwaho.

Parag Agrawal.

N’ubwo Dorsey  yatangaje ko yeguye ku mpamvu ze bwite, hari amakuru avuga ko yari amaze iminsi atavuga rumwe na bagenzi be bafite imigabane muri Twitter bamushinja kudaha umwanya Twitter ahubwo akibanda ku kindi kigo gifasha abantu kwishyurana amafaranga yise Square nk’uko China.org yabyanditse.

Jack Dorsey ni Umunyamerika ufite inkomoko mu Butaliyani. Ni umuhanga mu ikoranabuhanga waryigiye muri Kaminuza yitwa Massachusetts Institute of Technology( MIT).

Ibiro bikuru bya Twitter muri New York
TAGGED:featuredIkoranabuhangaImbungaTwitter
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Gutanga Urukingo Rwa Gatatu Rwa COVID-19
Next Article Ingabo Z’u Rwanda Zikomeje Umurunga Uzihuza N’Iz’u Buholandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?