Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi w’Abasekirite Afunzwe Akurikiranyweho Gusaba Ishimishamubiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umuyobozi w’Abasekirite Afunzwe Akurikiranyweho Gusaba Ishimishamubiri

admin
Last updated: 30 July 2021 5:13 pm
admin
Share
SHARE

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi umuyobozi mu kigo gishinzwe umutekano HIGH SEC CO. LTD ushizwe abarinda Ibitaro bya Gisenyi n’Ishuri rya E.S Gisenyi mu Karere ka Rubavu, akurikiranyweho icyaha cyo gusaba ishimishamubiri.

Yafashwe nyuma y’ikirego cyatazwe n’uwo mukobwa w’imyaka 26 urinda ku Bitaro bya Gisenyi mu Karere ka Rubavu, mu Murenge wa Rubavu.

Umuvugizi wa RIB Dr. Murangira Thierry, yavuze ko ku wa 20 Nyakanga 2021 ari bwo uru rwego rwakiriye ikirego cy’umukobwa waregaga uriya muyobozi muri HIGH SEC CO. LTD ko yamusabye ko basambana, kugirango amushyire ku rutonde rw’abahembwa.

Ati “Ubugenzacyaha bwahise butangira iperereza, bukusanya ibimenyetso, bubabaza abatangabuhamya, hanyuma ukekwa arafatwa arafungwa tariki ya 27 Nyakanga 2021. Akaba akekwa Gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina, icyaha gihanwa n’ingingo 6 y’Itegeko ryerekeye kurwanya ruswa.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iteganya ko umuntu wese, mu buryo ubwo ari bwo bwose, usaba, wemera cyangwa usezeranya gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina cyangwa utuma undi muntu arigirirwa cyangwa wemera amasezerano yaryo kugira ngo hagire igikorwa cyangwa ikidakorwa, aba akoze icyaha.

Umuntu uhamwe n’icyo cyaha ahanishwa igifungo kirenze imyaka 5 ariko kitarenze 7 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya 1,000,000 Frw ariko atarenze 2,000,000 Frw.

Ukekwa afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Gisenyi, mu gihe arimo gukorerwa dosiye ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Murangira yaburiye abitwaza umwanya bafite yo mu kazi bakanga gutanga serivisi cyangwa kuzuza inshingano bafite, hanyuma bakaka ruswa kugirango babone ibyo bemererwa n’amategeko.

Ati “RIB iributsa abaturarwanda ko itazihanganira uwo ariwe wese uzafatirwa muri ruswa iyo ariyo yose.”

- Advertisement -

Yashimye ko abantu bagenda batinyuka gutanga ikirego kuri ruswa ishingiye ku gitsina, nubwo bikiri ku kigero cyo hasi ugereranyije na ruswa y’amafaranga.

Ni ibintu ngo bigaragaza icyizere abantu bagirira Ubugenzacyaha mu rwego rwo gukurikirana ruswa ishingiye ku gitsina, ashishikariza abantu bose gutinyuka bagatanga amakuru igihe cyose hari ubusabye ruswa iyariyo yose.

Murangira yakomeje ati “RIB iboneyeho gushimira uriya mukozi wanze kwemera gutanga iriya ruswa. Ibi bibere isomo n’abandi. Kwemera gutanga ruswa y’igitsina kugirango uhabwe akazi cyangwa uzamurwe mu ntera, biragayitse, ni uguhinduka igikoresho, ni itesha gaciro, birasuzuguritse. Abo bayitanga bakwiriye kumva ukuntu bigayitse, bibatesha agaciro.”

“RIB iraburira abantu abantu bose ko iyi ruswa itazihanganirwa. Irasaba nabo bayitanga kubireka. Uwemera kuyitanga nawe amategeho aramureba. Abantu nibihe agaciro.”

Imibare ya RIB igaragaza ko mu myaka itatu ishize, hakiriwe ibirego 1541 by’ibyaha byo gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke, mu gihe ibijyanye n’ishimishamubiri byari 19 bingana na 1.23%.

 

TAGGED:Ibitaro bya GisenyiRIBRubavuUmusekirite
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibintu 5 Ku Mavugurura Yakozwe Mu Gutanga Ubwenegihugu Nyarwanda
Next Article U Burundi Bwasabye Abazikingiza COVID-19 Kutagira Icyo Babaza Leta
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?