Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi W’Ibitaro by’Akarere Bya Muhanga Avugwaho Kutaboneka Mu Kazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umuyobozi W’Ibitaro by’Akarere Bya Muhanga Avugwaho Kutaboneka Mu Kazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 December 2023 6:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bamwe mu bakozi bo mu bitaro by’Akarere bya Nyabikenke babwiye itangazamakuru ko kuva Minisiteri y’ubuzima yohereza Dr Nkikabahizi Fulgence kubiyobora ataragera mu kazi ngo ahamare iminsi byibura iminsi itatu mu Cyumweru.

Yoherejwe mu kazi mu Ugushyingo, 2021, abo bakorana bakavuga ko niyo yaje adashobora kukamaramo isaha, ahubwo ahita ajya i Kigali.

Umwe muri abo bakozi utashatse ko umwirondoro we ugaragara avuga  iyo uwo muyobozi akoze iminsi myinshi mu Cyumweru atarenza iminsi ibiri.

Akenshi ngo aba afite inama mu Mujyi wa Kigali.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uyu mukozi akavuga ko inama uwo muyobozi avuga ko akunda kujyamo zidashoboka kubera ko Minisiteri itakoresha inama za buri gihe  n’abayobozi b’ibitaro ngo bikunde.

Avuga ko baje guperereza babaza abandi baganga basanga nta nama nk’izo ziba zabaye.

Yemeza ko kutaboneka k’Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Nyabikenke bibagiraho ingaruka kuko ushatse kugira icyo amugishaho inama cyangwa ikindi amusaba nk’umuyobozi we, undi amusaba kumwandikira e-mail, zimwe akazisubiza izindi ntibibe.

Ikibabaje kurushaho nk’uko abakozi ba biriya bitaro babibwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ni uko hari bamwe mu baganga n’abaforomo babonye ko ari uko ateye ‘basezera ku kazi’ bajya gukorera ahandi.

Kuba agenda ntagire uwo yizera ngo amusigire inshingano nabyo ngo bituma ikibazo kirushaho kuremera.

- Advertisement -

We arabihakana…

Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro by’Akarere bya Nyabikenke Dr.Nkikabahizi ahakana ibyo abo bakozi bamuvugaho, kuko ngo mu mikorere ye ‘kubeshya abo bakorana bitarimo.’

Ati: “Kutaboneka ku bitaro iyo bibayeho, biterwa n’impamvu kandi zifite ishingiro rihuye n’akazi.”

Yemeza ko iyo hari aho agiye abimenyesha abayobozi bakorana kugira ngo hatabaho icyuho.

Avuga ko ibibazo bireba umukozi uwo ari we wese nabyo byakirwa ndetse ko buri Cyumweru agirana inama rusange y’abakozi bose.

Ahakana ibirebana no gukoresha ikoranabuhanga uburyo byavuzwemo ko butari bwo kuko hari Sisitemu(Systeme) zikorerwamo akazi niyo waba uri mu bitaro wifashisha.

Kuri iki kibazo, Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Muhanga Mugabo Gilbert avuga ko nta makuru bari babifiteho.

Yabwiye itangazamakuru ko byoroshye kugenzura ko umuyobozi yasibye akazi cyangwa ko yagiye afite ibaruwa y’ubutumwa bw’akazi.

Icyakora ngo ubwo bivuzwe, bagiye kubisuzuma.

Ati: “Buriya nta nduru ivugira ubusa ku musozi. Tugiye kubisuzuma.”

Ngo bagiye kongera inshuro basura ibi bitaro.

Umunyamakuru wakoze iyi nkuru avuga ko ubwo yajyaga ku bitaro bya Nyabikenke yasanze Dr. Nkikabahizi adahari.

Dr. Nkikabahizi yoherejwe i Nyabikenke avuye mu bitaro bya Kinihira n’ibya Rwinkwavu.

TAGGED:AbakoziIbitaroMuhangaNyabikenke
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB Yasangije Mali Uko Ikurikirana Ibyaha Bimunga Ubukungu
Next Article Israel Yavuze Ko Izakomeza Guhiga Hamas Niyo Ntawabiyifashamo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?